Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA
1
Igishobora kuba cyaratumye umusozi wo mu Rwanda ugaragaraho ibyateye urujijo cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu Karere ka Nyamasheke hagaragaye umusozi umaze iminsi upfupfunukamo umuriro w’inkekwe bitazwi intandaro yawo, Inzobere mu bumenyi bw’Isi, yagaragaje igishobora kuba kibitera, gihabanye n’ibyo abantu bakekaga.

Uyu musozi uherereye mu Mudugudu wa Nyakagano mu Kagari ka Buhimba muri uyu Murenge wa Shangi, ukomeje kugarukwaho cyane kubera umuriro ugiye kumara amezi atatu uvamo kandi ntawahatwitse.

Bamwe mu baturiye uyu musozi, bavuga ko watangiye kuvamo umuriro mu ntangiro za Gicurasi, ariko ukaza kuba mwinshi mu kwezi twaraye dusoje kwa Nyakanga, aho umuriro w’inkekwe uva mu rutare rwo kuri uyu musozi, uzamura amabuye, agasohoka yabaye nk’amakara.

Bamwe mu baturage bavuga ko ibi byabateye urujijo, bagaragaje icyo bakeka ko cyaba cyihishe inyuma y’uyu muriro, bamwe bakavuga ko bagiye bumva ko kuri uyu musozi hashobora kuba hari peteroli na Gaze, cyangwa hakaba hagiye kuvuka ikirunga, mu gihe hari n’abavuga ko bishobora kuba biterwa n’imyuka mibi y’izindi mbaraga.

Dr. Digne Edmond Rwabuhungu Rwatangabo usanzwe ari inzobere mu bumenyi bw’Isi, akaba n’Umwarimu muri Kaminuza, avuga ko nubwo ataragera kuri uyu musozi, ariko akurikije uko yabibonye mu mashusho, hari icyo akeka.

Ati “Ni ibintu bisanzwe biba mu bishanga birimo nyiramugengeri. Hariya ntabwo yari isanzwe, birashoboka ko yaba ari yo.”

Iyi nzobere ivuga ko hasabwa kubanza gukora ubushakashatsi, itangaza ko iyo uriya muriro uza kugaragara mu bice by’igishanga, byari kuba byoroshye kumenya intandaro yawo.

Ati “Ariko amafoto mbona ni ku musozi, rero iyo ari ku musozi, biragoye gusobanura uwo musozi uhura gute n’igishanga, n’izo formation [ibyikora] ziba mu gishanga, zibonetse ku musozi gute?”

Ahakana ibikekwa ko haba hagiye kuvuga ikirunga, ati “Buriya inzira yo kuvuka kw’ikirunga, ni ndende cyane. Ntabwo bivuka kuriya, kibanza kubaka inzira ya magma [igikoma cy’ikirunga] iva mu nda y’Isi izamuka mu kirunga.”

Dr Edmon Rwabuhungu amara impungenge ku bakeka ko bishobora kuba biterwa n’imyuka mibi, ati “Ni ibintu bisanzwe, bikunda kubaho bitunguranye. Niba ari nyiramugengeri turaza kubimenya vuba cyane, kuko nitugerayo tuzafata sample, tuyikorere ibizamini […] ariko ntibagire ubwoba, nta shitani, nta bintu by’amarozi, oya ibyo ntabwo bihari.”

Uretse Nyiramugengeri akeka ko ishobora kuba ihari, Dr Rwabuhungu avuga ko ikindi gishobora kuba kiri gutera kiriya kibazo, ari Gaze kuko uyu musozi uri hafi y’Ikiyaga cya Kivu.

Dr Rwabuhungu yaboneyeho kugira inama abatuye hafi y’uyu musozi kwirinda kuhegera kuko umwuka uri gusohokamo ushobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Daniel says:
    2 years ago

    Ntago yitwa Rwampungu, ahubwo yitwa Dr. Digne Edmond Rwabuhungu Rwatangabo.

    Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Hatangajwe impinduka zihutirwa mu matora yo gushaka uzasimbura Mayor wa Rubavu wegujwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.