Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo muri Kenya wari umaze imyaka 17 yaraburiwe irengero, yagarutse mu rugo, yakiranwa ibyishimo byinshi, ariko ntibyamaze umwanya kuko yahise amenyeshwa ko umugore we yabyaranye n’Umunyarwanda bari barashakanye, ariko umugore akaza guhita yirukana Umunyarwanda.

Boniface Moi Muyeshi wari waraburiwe irengero kuva muri 2006, yagarutse iwe mu gace ka Lurambi mu Kakamega mu Burengerazuba bwa Kenya.

Ubwo yagarukaga mu rugo, abatuye muri aka gace, bamwakiranyije amashyi n’impundu, bishimiye kuba akiriho, kuko bakekaga ko yapfuye.

Umwe mu baturage bo muri aka gace, yagize ati “Yavuye iwe yerecyeza i Narirobi muri 2006. Ata umuryango we, kuva icyo gihe ntawongeye kumuca iryera.”

Ubwo yagarukaga, na we yishimiye kongera kubona abo mu murango we n’abaturanyi, ariko ibyishimo bye byaje kuzamo kirogoya ubwo yabwirwaga ko umugore we yabyaranye n’undi mugabo w’Umunyarwanda.

Umuvandimwe we witwa Fredrick Witumbele, yagize ati “Twakekaga ko yapfuye hagati ya 2007 na 2008, yarazize imvururu zakurikiye amatora.”

Ni mu gihe umugore we witwa Agripina Mulupi yavuze ko yareze abana batatu wenyine, ariko bikaza kumugora, bituma nyuma y’imyaka itanu umugabo we abuze, afata icyemezo ko atashobora gukomeza kubaho wenyine, ari na bwo yaje gucudika n’umugabo w’Umunyarwanda, bagashakana.

Ibinyamakuru byo muri Kenya, bivuga ko uyu mugabo w’Umunyarwanda, yitaga kuri Agripina Mulupi, kuko yamufasha kwishyurira amashuri abana be.

Gusa uyu mugore avuga ko nyuma y’uko umugabo we wa mbere agarutse, bagomba gusubirana, ari na byo byatumye ahita yirukana Umunyarwanda babanaga, kandi ko babanje kubyumvikanaho.

Yagize ati “Nagombaga kwirukana umukunzi wanjye mushya, mu gihe nyiri urugo agarutse. Tuzaganira uburyo tuzarera abana bacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + seventeen =

Previous Post

Ingorofani yahindutse indege: Abakusanya ibishingwe batomboye Miliyari 1Frw

Next Post

Ange Kagame yahawe umwanya mu rwego rukomeye mu Rwanda

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Ange Kagame yahawe umwanya mu rwego rukomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.