Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyabaye ku muhanzikazi w’ikirangirire ku Isi abigereranya nko kuvuka bundi bushya

radiotv10by radiotv10
04/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibyabaye ku muhanzikazi w’ikirangirire ku Isi abigereranya nko kuvuka bundi bushya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Madonna ufite izina riremereye ku Isi, wari umaze iminsi arembye, yagaragaje ko yatoye ka mitende, ndetse ubu akaba akomeje kumera neza, agashimira by’umwihariko urukundo yagaragarijwe, ku buryo we abigereranya nko kuvuka bundi bushya.

Madonna Louise Ciccone yatangaje ibi nyuma yuko  yari amaze iminsi mu bitaro mu cyumba cy’indembe.

Nyuma y’ukwezi avuye mu bitaro guhangana n’ibibazo by’ubuzima bwe, ubu ngo amze neza ndetse yagize icyo atangariza abakunzi be, ashimira abamubaye hafi mu burwayi bwe.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter na Instagram, Madonna yagize ati “Urukundo rw’umuryango n’inshuti ni wo muti urenze indi yose. Ukwezi kumwe mvuye mu bitaro ubu nabyumva nkanabitekereza neza.”

Yakomeje agira ati “Nk’umubyeyi ushobora rwose kwisanga waheze mu guhaza ibyifuzo by’abana bawe dore ko akenshi biba binagoye guhaza, ariko ubwo nacikaga intege abana banjye baranyiyeretse rwose nabonye uruhande  rwabo ntari narigeze mbona.

Ikindi kandi natunguwe n’urukundo neretswe n’inshuti zanjye, ntungurwa n’impano zitandukanye bampaye.”

Yavuze ko yavutse bundi bushya kubera kure uburwayi bwamugejeje. Ati “Nkimara gufungura impano nararize kuko byanyeretse ko ndi umunyamahirwe kuba ndiho. Namenye ko ndi umunyamahirwe kuba naramenyanye n’abantu benshi nk’abo mfite, n’abandi benshi bagiye.

Ikindi ndashimira abamalayika banjye bandinze kandi bakanshoboza kuba ngihumeka kugira ngo nsohoze umurimo wanjye.”

Hahise hatangazwa n’amatariki azakorerwa ibitaramo byari byasubitswe n’uyu mukanzikazi, agomba gukorera ku Mugabane w’u Burayi, bizaba mu mezi y’Ukwakira n’Ugushyingo 2023.

Madonna ashimira umuryango we wamubaye hafi
Ibyamubayeho abigereranya nko kuvuka bundi bushya

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 11 =

Previous Post

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Next Post

Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.