Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikwiye kumvikana kuri Kabuga nubwo yafatiwe icyemezo cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho Urukiko rutegetse ko Felicien Kabuga arekurwa kubera ko ibibazo by’ubuzima afite bidatuma akurikira iburanisha; abahanga mu mategeko bavuga ko bitavuze ko yabaye umwere, kandi ko hakiri amahirwe yo kuregera indishyi zikomoka ku byaha akekwaho.

Abacambanza mu Rukiko rw’Ubujurire mu Rugereko ruburanisha imanza zasinzwe n’urukiko mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda; rwashyize iherezo ku mezi icumi yari ashize urwo rugereko ruburanisha Felicien Kabuga ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rukiko rwatesheje agaciro umwanzuro wo ku itariki 6 Kamena 2023; wanzuye ko Felicien Kabuga afite uburwayi bwo kwibagirwa ku buryo atagifite ubushobozi bwo kuburana. icyakora bari banzuye ko aburanishwa mu bundi buryo.

Urwo rukiko rw’Ubujurire rwo rwanzuye ko nta buryo na bumwe bwemerewe gukoreshwa mu kuburanisha Kabuga kubera uburwayi afite, rwanzura uru Felicien Kabuga arekurwa.

Yves Turatsinze usanzwe yigisha amategeko muri Kaminuza, avuga ko nubwo uru rukiko rwafashe uriya mwanzuro; bitabuza abaregera indishyi kugana ubutabera.

Ati “Ntabwo bisobanuye ko yabaye umwere, kubera ko kuba umwere no guhamwa n’ibyaha, byari kuzemezwa n’umwanzuro w’Urukiko. Ubwo rero niba ataburanishijwe ntiyabaye umwere ntiyanahamwe n’ibyaha.”

Akomeza agaragaza icyari gikwiye gukorwa, ati “Ubundi iyo buza kuba ari ubundi burwayi yakabaye yoherezwa aho agomba kuvurirwa, hanyuma yazamara kuvurwa akagaruka, ariko ukurikije raporo bagaragaza ko uburwayi bwe nta cyizere ko azakira, ahubwo bakavuga ko umunsi ku munsi iriya ndwara ye irushaho gukomera agatakaza ubushobozi bwo kuba yabazwa ibibazo akabisubiza, bakavuga ko nta mahirwe ahari yo kuba yakira.”

Nyuma y’iki cyemezo cyo kurekura Kabuga, cyanababaje benshi by’umwihariko abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, hari abibajije uko bizagenda ku bijyanye n’indishyi.

Uyu munyamategeko avuga ko ntakizabuza kuba abantu baregera indishyi. Ati “Ku bijyanye n’ikirego cy’indishyi; mu mategeko nta kibuza ko ikirego cy’indishyi kiregerwa.”

Naphtal Ahishakiye, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko nubwo udafite uburyo kuvuguruza uyu mwanzuro w’Urukiko; ariko ko bamaze iminsi batangiye inzira zo guhesha ubutabera abasaba indishyi zikomoka ku byaha byari bikurikiranywe kuri Kabuga Felicien

Ati “Twarabitangiye, hari urubanza IBUKA yarezemo Kabuga Felicien rujyanye n’indishyi, rusaba ko habaho itambamira no gufatira imitungo ye aho yaba iri hose kugira ngo izavemo indishyi z’abo yakoreye ibyaha bose. Ni urubanza rwabaye rurasubikwa kubera inzitizi zabayemo zijyanye n’uko urukiko rutanyuzwe n’uko Kabuga yaba yaramenyeshejwe uru rubanza cyangwa niba ataramenyeshejwe. Nibyo bikiri kunozwa, ariko urubanza ruri mu nzira.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya Museveni nyuma y’uko Uganda ifatiwe icyemezo gikarishye izizwa ibyababaje Abanyaburayi

Next Post

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.