Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tunisia ibitse igikombe yafashijwe na Salah Mejri gutangira irushanwa rya #Afrobasket2021 itsinda Guinea-AMAFOTO

radiotv10by radiotv10
24/08/2021
in SIPORO
0
Tunisia ibitse igikombe yafashijwe na Salah Mejri gutangira irushanwa rya  #Afrobasket2021 itsinda Guinea-AMAFOTO
Share on FacebookShare on Twitter

Salah Mejri ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia yafashije iki gihugu gutsinda Guinea amanota 82-46 (17-9,24-11, 21-14,20-12) atsindamo amanota 17.Tunisia niyo kipe ibitse igikombe giheruka cya 2017 yatwaye itsinze Nigeria amanota 77-65 ku mukino wa nyuma.

Muri uyu mukino, Salah Mejri uretse gutsinda amnaota 17,yakoze rebounds eshatu, umupira umwe wabyaye amanota yakira imipira ibiri anabuza indi ine guhita ivuye ku bakinnyi ba Guinea. Salah yahise aba umukinnyi w’umukino kuko umusaruro rusange w’umukino (Efficiency) yagize +24 mu minota 21’33” yamaze mu kibuga muri uyu mukino w’itsinda rya kabiri (B).

Salah Mejri (50) ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia azamura umupira

Abandi bakinnyi bazamuye amanota ya Tunisia barimo Omar Abada wakinnye iminota 23’46” agatsinda amanota 10, Michael Roll akina iminota 26’09” atsinda amanota 14 agira Efficiency ya +17 mu gihe Mourad El Mabrouk yakinnye 20’57” agatsinda amanota icyenda (9).

Ikipe y’igihugu ya Tunisia yatangiye neza irushanwa ry’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ku ruhande rwa Guinea yagowe no kugira ubwiganze mu gukora amanota muri uyu mukino, umukinnyi wayo wagize umusaruro uri hejuru ni Ibrahima Doumbouya watsinze amanota arindwi (7) akagira efficiency ya +8 mu minota 20’03” yamaze mu kibuga.

Nyuma y’uyu mukino harakurikiraho uwuhuza Republique Centre Afrqiue (RCA) na Misiri saa saba n’igice (13h30’) hakinwa umukino wa kabiri mu itsinda rya kabiri (B) mbere y’uko u Rwanda rwakiriye irushanwa ruhura na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DR Congo) guhera saa kumi n’ebyiri (18h00’).

Ikipe y’igihugu ya Guinea yabaye ikipe ya mbere yatsinzwe muri AfroBasket 2021

Omar Abada (4) wa Tunisia azamukana umupira

Dauda Diaby wa Guinea ashaka inzira yamugeza ku nkangara

Salah Mejri (50) ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia yafashije iki gihugu gutsinda Guinea amanota 82-46

Abakinnyi ba Tunisia bafata amabwiriza y’umutoza Dirk Bauermann hagati mu mukino

Achref Gannouni (3) ahaganye na DAOUDA ViDSON Conde (14) wa Guinea

Makram Ben Romdhane (12) wa Tunisia ashaka aho yanyuza umupira ugana mu nkangara

Ikipe y’igihugu ya Tunisia imwe mu yahabwa amahirwe muri iri rushanwa

PHOTOS: FIBA

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Next Post

William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.