Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tunisia ibitse igikombe yafashijwe na Salah Mejri gutangira irushanwa rya #Afrobasket2021 itsinda Guinea-AMAFOTO

radiotv10by radiotv10
24/08/2021
in SIPORO
0
Tunisia ibitse igikombe yafashijwe na Salah Mejri gutangira irushanwa rya  #Afrobasket2021 itsinda Guinea-AMAFOTO
Share on FacebookShare on Twitter

Salah Mejri ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia yafashije iki gihugu gutsinda Guinea amanota 82-46 (17-9,24-11, 21-14,20-12) atsindamo amanota 17.Tunisia niyo kipe ibitse igikombe giheruka cya 2017 yatwaye itsinze Nigeria amanota 77-65 ku mukino wa nyuma.

Muri uyu mukino, Salah Mejri uretse gutsinda amnaota 17,yakoze rebounds eshatu, umupira umwe wabyaye amanota yakira imipira ibiri anabuza indi ine guhita ivuye ku bakinnyi ba Guinea. Salah yahise aba umukinnyi w’umukino kuko umusaruro rusange w’umukino (Efficiency) yagize +24 mu minota 21’33” yamaze mu kibuga muri uyu mukino w’itsinda rya kabiri (B).

Salah Mejri (50) ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia azamura umupira

Abandi bakinnyi bazamuye amanota ya Tunisia barimo Omar Abada wakinnye iminota 23’46” agatsinda amanota 10, Michael Roll akina iminota 26’09” atsinda amanota 14 agira Efficiency ya +17 mu gihe Mourad El Mabrouk yakinnye 20’57” agatsinda amanota icyenda (9).

Ikipe y’igihugu ya Tunisia yatangiye neza irushanwa ry’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ku ruhande rwa Guinea yagowe no kugira ubwiganze mu gukora amanota muri uyu mukino, umukinnyi wayo wagize umusaruro uri hejuru ni Ibrahima Doumbouya watsinze amanota arindwi (7) akagira efficiency ya +8 mu minota 20’03” yamaze mu kibuga.

Nyuma y’uyu mukino harakurikiraho uwuhuza Republique Centre Afrqiue (RCA) na Misiri saa saba n’igice (13h30’) hakinwa umukino wa kabiri mu itsinda rya kabiri (B) mbere y’uko u Rwanda rwakiriye irushanwa ruhura na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DR Congo) guhera saa kumi n’ebyiri (18h00’).

Ikipe y’igihugu ya Guinea yabaye ikipe ya mbere yatsinzwe muri AfroBasket 2021

Omar Abada (4) wa Tunisia azamukana umupira

Dauda Diaby wa Guinea ashaka inzira yamugeza ku nkangara

Salah Mejri (50) ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia yafashije iki gihugu gutsinda Guinea amanota 82-46

Abakinnyi ba Tunisia bafata amabwiriza y’umutoza Dirk Bauermann hagati mu mukino

Achref Gannouni (3) ahaganye na DAOUDA ViDSON Conde (14) wa Guinea

Makram Ben Romdhane (12) wa Tunisia ashaka aho yanyuza umupira ugana mu nkangara

Ikipe y’igihugu ya Tunisia imwe mu yahabwa amahirwe muri iri rushanwa

PHOTOS: FIBA

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − two =

Previous Post

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Next Post

William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.