Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze

radiotv10by radiotv10
12/08/2023
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’Umunyarwandakazi Uwamahoro Claudine n’Umwongereza Simon Danczuk umukubye kabiri mu myaka, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ubu bamaze kurushinga nk’umugore n’umugabo, gusa hamenyekanye amakuru ko uyu mukobwa yigeze kwimwa Visa ngo ajye kureba umukunzi we.

Inkuru y’urukuko rw’aba bombi, yagarutsweho cyane mu ntangiro z’uyu mwaka, ubwo Simon Danczuk w’imyaka 56 wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yari mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize no mu ntangiro z’uyu, yaje gusangira iminsi mikuru n’umukunzi we Claudine Uwamahoro w’imyaka 28.

Urukundo rwabo rwanditsweho n’ibinyamakuru mpuzamahanga birimo igikomeye mu Bwongereza cya Daily Mail, cyavugaga ko uyu munyapolitiki yitegura gishyingiranwa n’umukunzi we.

Iki gitangazamakuru cyongeye gutangaza ko mu minsi ishize, Simon Danczuk n’umukunzi we Uwamahoro, akubye kabiri mu myaka, bashyingiranywe kubana nk’umugore n’umugabo.

Daily Mail ivuga ko yamenye amakuru ko Uwamahoro yimwe Visa yo kujya mu Bwongereza kurebayo umukunzi we.

Ni Visa yari yasabye muri Nzeri umwaka ushize, aho iki kinyamakuru kivuga ko amakuru avuga ko Guverinoma y’u Bwongereza yimye Visa uyu mukobwa ngo kuko bitari bizwi ko ari mu rukundo n’uyu mugabo wigeze kuba mu Nteko Ishinga Amategeko ya kiriya Gihugu.

Nubwo ngo aba bombi bashyingiranywe mu mihango yabereye mu Mujyi wa Kigali, Uwamahoro ntiyabashije kugira amahirwe yo kurara apfumbaswe n’umugabo we bakimara gushyingiranwa, kuko yahise asubira mu Bwongereza ku mpamvu z’akazi k’ubucuruzi.

Amakuru ahari ubu, avuga ko Uwamahoro yongeye kwaka Visa agaragaza impamvu itandukanye n’iyi yari yatanze mbere ko agiye gutembera, ariko bwo ngo akaba yizeye ko azayihabwa.

Umwe mu nshuti za hafi z’uru rugo rushya, yabwiye Daily Mail ati “Claudine yasabye Visa umwaka ushize ubwo we na Simon binjiraga mu rukundo, ariko yababajwe no kuyimwa. Uko bigaragara byatewe no kuba ubuyobozi butari buzi ko ari umukunzi wa Simon.”

Uyu waganirije Daily Mail yakomeje agira ati “Hari hatanzwe ibimenyetso byinshi, birimo amafoto bari kumwe ndetse n’ubutumwa bw’amajwi bohererezanyije n’ubwanditse bandikiranaga umunsi ku wundi. Kandi na Simon yajyaga ajya kureba Claudine nyuma ya buri mezi abiri, ariko byagaragaye ko ibyo bitari bihagije.

Bombi byarabashenguwe. Birumvikana niba hari igihe abantu baba bifuza kuba bari kumwe nk’umugabo n’umugore, ni nyuma y’ubukwe.”

Gusa ubu bwo bizeye ko uyu mukobwa w’Umunyarwandakazi azahabwa Visa, ubundi akajya kwibanira n’umugabo we mu Bwongereza.

Umwe mu nshuti za hafi, yavuze ko ikindi gituma bashaka kuba bari kumwe, “ni uko bashaka kubyara bityo rero bakeneye kuba bari kumwe bya hafi umunsi ku wundi.”

Umwaka ushize ubwo uyu mugabo yari mu Rwanda, barishimanye bishyira cyera
Yaramwiyegamizaga bikagera ku ngingo
Mu minsi ishize ubukwe bwaratashye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + six =

Previous Post

Hagaragajwe igikwiye gukurikira nyuma yo gutahura ko mu Majyaruguru hari ahakiziritse iby’amoko

Next Post

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.