Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Rwiyemezamirimo n’abaturage barashinja akarere kubambura agera kuri miliyoni 280

radiotv10by radiotv10
25/08/2021
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Rwiyemezamirimo n’abaturage barashinja akarere kubambura agera kuri miliyoni 280
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Gatsibo hari abaturage bashinja ubuyobozi bw’akarere kuba nyirabayazana wo kwamburwa amafaranga bakoreye ubwo hubakwaga ikigo nderabuzima cya Ngarama muri aka karere.

Ikigo nderabuzima cya Ngarama giherereye mu karere ka Gatsibo nicyo bamwe muvuganye n’umunyamakuru wa RadioTV10 bagaragaza ko amafaranga bambuwe yakomokaga ku mirimo bakoze ubwo cyubakwaga mu mwaka wa 2015.

Aba bashinja ubuyobozi bw’akarere kuba aribwo bwabaye intandaro yo kugirango Rwiyemezamirimo wabakoreshaga abambure amafaranga bari bamaze gukorera.

Uwitwa Barikeka Zacharie yagize ati”byageze n’igihe tubigeza ku nzego nkuru z’igihugu yewe twanabigejeje mu biro by’umukuru w’igihugu ariko kugeza n’ubu turacyategereje gusa nta cyizere dufite kuko hashize igihe kinini kandi ubona akarere kabihunga nyamara ariko kakabaye katuvuganira”

Image

Undi mugore nawe wahakoze yagize ati”kuva mu mwaka wa 2015 twishyuza ariko twabuze uwaturenganura twahakoze tugirango dutunge imiryango yacu ariko turamburwa! nk’abanyamakuru mutuvuganire rwose”

Ibyo aba baturage bavuga birashimangirwa na Niyigena Eraste wakoreshaga aba baturage kuko company ye yitwa COTRAP niyo yari ifite isoko ryo kubaka iri vuriro avuga ko kutishyura aba baturage byatewe n’uko akarere kasheshe amasezerano bari bafitanye nyuma ngo ntikanamwishyura ibikorwa yari amaze gukora mu gihe kingana n’umwaka wari ushize bakora

Ati”akenshi iyo ibintu nk’ibyo bibaye abagira ingaruka ni bariya baturage tuba twarakoresheje n’ubwo natwe bitadusiga kuko bampagaritse bafite hafi miliyoni zisaga 160 bataranyishyura ukongeraho n’ibikoresho byanjye bahise bakoresha gusa ubu urubanza ruri mu rukiko rw’ubucuruzi”

Image

Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo buvuga ko akarere ntakibazo gafitanye n’uwari wese wagize uruhare mu kubaka iki kigo nderabuzima.

Gasana Richard ukayobora yagize ati” icyo kibazo turakizi ariko nk’akarere nta muntu n’umwe dufitiye ideni wubatse hariya gusa icyo tuzi n’uko twaje gusesa amasezerano na rwiyemezamirimo kubera ibyo atari yubahirije turabarana dusanga ntacyo atugomba natwe ntacyo tumugomba ubwo rero abo baturage niwe bagomba gukurikirana kandi amakuru dufite n’uko bamwe banabitangiye”

Image

Kugeza ubu aba baturage ndetse n’uyu rwiyemezamirimo bavuga ko bishyuza akarere ka Gatsibo amafaranga akabakaba miliyoni 280

Inkuru ya Pacifique Ntakirutimana/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Nshimiyimana Amran yasinye muri Musanze FC

Next Post

#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

Related Posts

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
0

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

IZIHERUKA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba
AMAHANGA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

07/08/2025
Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

07/08/2025
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

07/08/2025
Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

#AfroBasket2021: Ikipe y’igihugu ya Cameron yatewe mpaga imbere ya South Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.