Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Haruna Niyonzima, kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, akaba ari na we washyizwe ku rutonde na FIFA ko yujuje imikino 100 mu ikipe y’Igihugu, yasubije abibaza igihe azasezerera mu ikipe y’Igihugu no kuri ruhago, ati “wenda naranasezeye.”

Haruna Niyonzima uri mu bakinnyi b’Abanyarwanda bamaze igihe muri ruhago, mu mpera za 2021, yasohotse ku rutonde rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) rw’abakinnyi b’abanyabigwi bujuje imikino 100 bakiniye amakipe y’Ibihugu byabo.

Yanyuze mu makipe atandukanye, yaba ayo mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yanubakiyemo izina, ubu ari gukinira ikipe ya Al Ta’awon SC yo muri Libya.

Mu minsi ishize, mugenzi we Jean Baptiste Mugiraneza AKA Migi, yatangaje ko asezeye ruhago, uyu bakinanye amwifuriza ikiruhuko cyiza, gusa avuga ko na we ari bugufi.

Haruna Niyonzima, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yabajijwe ku bakomeje kwibaza igihe we azasezerera, yagize ati “Mbere y’uko mbasubiza numva nababaza nanjye. Ese babona bikwiye ko nsezera? Njyewe Haruna n’uyu munsi nshatse nasezera, ibyo bintu narabivuze, wenda naranasezeye, ariko njye ku giti cyanjye ntabwo nzasezera kubera abantu.”

Akomeza avuga ko afite gahunda ze yiyemeje muri ruhago, ati “Kuko n’ubundi njya gukina umupira ntawawunzanyemo, abantu bagiye kubona babona Haruna Niyonzima w’i Gisenyi…ariko njye ndi Umunyarwanda wamaze gukora izina, ntabwo nzasezera uko niboneye.”

Haruna Niyonzima akomeza avuga ko imbaraga zo guconga ruhago akizifite ariko ko “uko nifuje gusezera umupira w’amaguru, ni ibintu bitigeze bikorwa n’undi muntu. Ni yo mpamvu kugira ngo uyu munsi nemeze ngo nzasezera ryari, biracyarimo akabazo.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + ten =

Previous Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n’uburyo bafashwe

Next Post

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Related Posts

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

by radiotv10
14/10/2025
0

Phanuel Kavita uri mu bakinnyi bigaragaje mu mukino u Rwanda ruheruka gukina na Benin, byemejwe ko atagaragara mu mukino uhuza...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

by radiotv10
14/10/2025
0

Nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa DRC avuze ko kuvanga igisirikare cy’Igihugu cye n’abari mu mitwe nka M23, byashoboka ari...

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko bwahagaritse Umutoza Mukuru w'iyi kipe Afhamia Lotfi mu gihe kingana n'ukwezi, mu gihe...

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Abakinnyi bakanyujijeho mu mukino wa Volleyball mu Rwanda bakiniye amakipe anyuranye n’iy’Igihugu, bakinnye irushanwa ritegura Shampiyona, mu mikino y’ubusabane igamije...

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

by radiotv10
11/10/2025
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, nyuma yo gutsindirwa na Benin i Kigali, yerecyeje muri Afurika y’Epfo gutegura umukino uzayihuza n’iy’iki...

IZIHERUKA

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi
AMAHANGA

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

by radiotv10
14/10/2025
0

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

14/10/2025
Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.