Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko kwinjiza abakiri bato mu nshingano, ari ukugira ngo bazikuriremo banazimenyere kugira ngo ejo hazaza h’u Rwanda habe hatanga icyizere, kuko abakuru babyina bavamo.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 24 Kanama 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Abarahiye ni Maj Gen Albert Murasira wagizwe Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe ishoramari rya Leta no kwegeranya Ibikorwa, na Sandrine Umutoni winjiye muri Guverinoma nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye aba bayobozi binjiye mu nshingano nshya, bakaba bemeye gukorera Igihugu cyabo.

Ati “Buri gihe ntawabura kwibutsa ko imirimo nk’iyi kuri uru rwego iba igamije kugira ngo abantu bafate inshingano, kuri bo ubwabo, ku bo bayoboye, ariko igisumba byose ko tuba dukorera Igihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abarahiye none, abenshi ari abakiri bato, nka Jeanine Munyeshuli ndetse na Umutoni Sandrine.

Avuga ko guha inshingano abakiri bato, bifite ubutumwa bitanga. Ati “Biba byakozwe ku buryo bigenderewe, kwifuza guha inshingano urubyiruko, ngo bakure bumva ko badakurikira gusa, ahubwo ko bakwiye no kuyobora mu bikorwa bitandukanye byubaka Igihugu cyacu.”

Yavuze ko Minisiteri y’Urubyiruko isanzwe iyoborwa n’ubundi n’ukiri muto, ariko ko yari umugabo, ati “nifuza ko rero tugiramo n’umudamu. Ubwo ndibwira ko urubyiruko rwacu, ari abakobwa, ari abahungu, abagore, bazabibonamo.”

Yavuze ko ariko kubibonamo bitagomba gushingira ku kuba ari abo mu byiciro byombi by’igitsinagabo n’igitsinagore.

Ati “Kugira ngo babibonemo ariko ntabwo ari uko umwe ari umugabo undi ari umugore mu nshingano zabo, ahubwo bagomba kubibonamo mu bikorwa kandi bijyanye n’uko ababikora, ababiyoboramo abandi, bari muri ya myaka navugaga, aho na bo ubwabo bari mu rwego rw’urubyiruko, kugira ngo bigaragaze ko abagomba gufata inshingano batari abo mu myaka nk’iyacu ahubwo ko n’abato bagomba kubibyirukiramo, bakabikuriramo, ni byo biduha icyizere ko ejo hazaza, kuko buri wese uko tugenda, hari abagenda bagera ikirenge mu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Gufata inshingano, kugira imico yubaka, iyobora, ntabwo ari iby’abakuru gusa, ahubwo bikwiye guhera ku batoya.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aba binjiye mu nshingano nshya, basanzwe bazifite, ku buryo yizeye ko bazazimenyera, kuko ibikenerwa byose bihari, ndetse bakaba bafite n’abo bazasanzemo bazafatanya bakanareberaho.

Ati “Hari ibisanzwe, hari bigomba gukosorwa, hari ibigomba gushyirwamo imbaraga zirenze kuko ari bizima […] Muve aha mwumva ko akazi katangiye ejo, ntabwo ari uyu munsi, mukomereza aho mukore ibishoboka.”

Aba bayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, bashyizweho hirya y’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma.

Perezida Kagame yayoboye uyu muhango w’irahira ry’abayobozi
Maj Gen Murasira Albert yarahiye kuba Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Jeanine Munyeshuli ni Umumabanga wa Leta muri MINECOFIN
Na Umutoni Sandrine, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twelve =

Previous Post

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Next Post

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.