Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko kwinjiza abakiri bato mu nshingano, ari ukugira ngo bazikuriremo banazimenyere kugira ngo ejo hazaza h’u Rwanda habe hatanga icyizere, kuko abakuru babyina bavamo.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 24 Kanama 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Abarahiye ni Maj Gen Albert Murasira wagizwe Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe ishoramari rya Leta no kwegeranya Ibikorwa, na Sandrine Umutoni winjiye muri Guverinoma nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye aba bayobozi binjiye mu nshingano nshya, bakaba bemeye gukorera Igihugu cyabo.

Ati “Buri gihe ntawabura kwibutsa ko imirimo nk’iyi kuri uru rwego iba igamije kugira ngo abantu bafate inshingano, kuri bo ubwabo, ku bo bayoboye, ariko igisumba byose ko tuba dukorera Igihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abarahiye none, abenshi ari abakiri bato, nka Jeanine Munyeshuli ndetse na Umutoni Sandrine.

Avuga ko guha inshingano abakiri bato, bifite ubutumwa bitanga. Ati “Biba byakozwe ku buryo bigenderewe, kwifuza guha inshingano urubyiruko, ngo bakure bumva ko badakurikira gusa, ahubwo ko bakwiye no kuyobora mu bikorwa bitandukanye byubaka Igihugu cyacu.”

Yavuze ko Minisiteri y’Urubyiruko isanzwe iyoborwa n’ubundi n’ukiri muto, ariko ko yari umugabo, ati “nifuza ko rero tugiramo n’umudamu. Ubwo ndibwira ko urubyiruko rwacu, ari abakobwa, ari abahungu, abagore, bazabibonamo.”

Yavuze ko ariko kubibonamo bitagomba gushingira ku kuba ari abo mu byiciro byombi by’igitsinagabo n’igitsinagore.

Ati “Kugira ngo babibonemo ariko ntabwo ari uko umwe ari umugabo undi ari umugore mu nshingano zabo, ahubwo bagomba kubibonamo mu bikorwa kandi bijyanye n’uko ababikora, ababiyoboramo abandi, bari muri ya myaka navugaga, aho na bo ubwabo bari mu rwego rw’urubyiruko, kugira ngo bigaragaze ko abagomba gufata inshingano batari abo mu myaka nk’iyacu ahubwo ko n’abato bagomba kubibyirukiramo, bakabikuriramo, ni byo biduha icyizere ko ejo hazaza, kuko buri wese uko tugenda, hari abagenda bagera ikirenge mu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Gufata inshingano, kugira imico yubaka, iyobora, ntabwo ari iby’abakuru gusa, ahubwo bikwiye guhera ku batoya.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aba binjiye mu nshingano nshya, basanzwe bazifite, ku buryo yizeye ko bazazimenyera, kuko ibikenerwa byose bihari, ndetse bakaba bafite n’abo bazasanzemo bazafatanya bakanareberaho.

Ati “Hari ibisanzwe, hari bigomba gukosorwa, hari ibigomba gushyirwamo imbaraga zirenze kuko ari bizima […] Muve aha mwumva ko akazi katangiye ejo, ntabwo ari uyu munsi, mukomereza aho mukore ibishoboka.”

Aba bayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, bashyizweho hirya y’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma.

Perezida Kagame yayoboye uyu muhango w’irahira ry’abayobozi
Maj Gen Murasira Albert yarahiye kuba Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Jeanine Munyeshuli ni Umumabanga wa Leta muri MINECOFIN
Na Umutoni Sandrine, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fifteen =

Previous Post

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Next Post

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.