Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama y’Umuryango BRICS uhuriyemo Ibihugu byiyemeje guhangana n’u Burayi na Amerika mu bukungu, ibyo ku Mugabane wa Afurika byayitumiwemo, byiyemeje kuyoboka uyu Muryango, ariko Perezida umwe agaragaza igikwiye gushyirwa imbere kuri uyu Mugabane.

Muri iyi nama yari iteraniye muri Afurika y’Epfo, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki 24 Kanama 2023, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh.

Kuva kuri Perezida w’u Bushinwa, Xi Jimping, Vladmir V Putin w’u Burusiya, Narendra Modi w’u Buhinde na Luiz Inácio Lula da Silva uyobora Brasil; bose bavuze ubuhangange ibihugu byabo bifite ku Mugabane wa Afurika, banemeza ko bizarushaho kwiyongera mu gihe ibihugu byo kuri uyu Mugabane byafata icyemezo kidasubira inyuma mu mikoranire yeruye n’umuryango wa BRICS.

Abakuru b’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane wa Afurika, kuva kuri Azali Assoumani uyobora Ibirwa bya Comores, unayobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Evariste Ndayishimiye unayobora u Burundi, na Ismael Omar Guelleh uyobora IGAD; bavuze ko imiryango bayoboye ibona amahirwe akomeye mu bufatanye n’uyu muryango utemerwa n’Abanyaburayi na Amerika.

Banaboneyeho no kuvuga ibibazo bafite bidindiza iterambere ry’Ibihugu byabo birimo amadeni byafashe mu mahanga ndetse n’umutungo kamere badashoboye kubyaza umusaruro.

Icyakora Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema unayobora Umuryango wa COMESSA; we yibukije ibi Bihugu ko bitagomba kubona Umugabane wa Afurika nk’imari ishyushye, ahubwo ko iyi mikoranire igomba gushyira imbere inyungu z’Abanyafurika.

Yagize ati “Ntushobora kuvuga iterambere ry’Isi mu gihe bamwe bahejejwe inyuma, kabone nubwo bafite imitungo idakoreshwa. Iyo tureba iterambere; tugomba kugaragaza ibyo dushyira hamwe kugira ngo turigereho. Aho harimo igishoro gihendutse, ikoranabuhanga rihendutse, ndetse n’ikoreshwa ry’umutungo kamere w’amabuye y’agaciro.”

Yakomeej agira ati “Icyo dushaka nka Zambia na COMESSA; ni uko iyi mikoranire y’Umuryango wa BRICS n’umugabane wa AfUrika n’ahandi, igomba gushyira imbere iterambere ry’Ibihugu byose biwugize.”

Yakomeje avuga kandi ko uyu “muryango ugomba kuba amahirwe wo guhindura imikoranire twari dusanganywe. Iyi mikoranire igomba kuba ishyira imbere kubyaza umusaruro umutungo kamere, ariko ukongererwa agaciro mu Bihugu ubonetsemo. Ibyo bivuze ko mugomba gushora imari mu kuwutunganyiriza muri ibyo Bihugu. Ibyo byatuma abaturage bacu babona akazi, ndetse bikanatuma Afurika itekana muri politike, mu ubukungu n’umutekano.”

Uyu Muryango wa BRIC binyuze muri banki yawo, uvuga ko ugiye gushaka ubushobozi bwo gufasha imishinga y’Ibihugu byo ku Mugabane wa afrika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + four =

Previous Post

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye,...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

by radiotv10
19/09/2025
0

Ingingo yo guhererekanya imfungwa hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni imwe mu zabaye ingorabahizi, ndetse...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratabaza amahanga ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR n’Ingabo z’u Burundi, rwabyutse rurasa ibisasu bakoresheje...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

IZIHERUKA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura
AMAHANGA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.