Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

radiotv10by radiotv10
30/08/2021
in MU RWANDA
0
KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe hari abaturage basaba inzego z’ubutabera kurenganura umuturanyi wabo kuri ubu ufungiye muri gereza nkuru ya Rwamagana azira ko yasuzuguye ibyemezo by’urukiko mu rubanza yatsinzwe ariko bo bakavuga ko atigeze aburana.

Umusaza witwa Habyaramungu Celestin utuye mu  murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe niwe abaturanyi be batabariza kugirango ahabwe ubutabera buciye mu mucyo.

Uyu bavuga ko yibonye ngo yararezwe n’abishwa be bavuga ko yabambuye isambu basigiwe na nyina nyuma akaza kumenyeshwa koyatsinzwe urubanza bo bemeza ko atigeze aburana ahubwo ngo babonye azanirwa impapuro zirangiza urubanza basaba Habyaramungu kuva aho atuye kuko ngo yahatsindiwe,ibi byaje kumuviramo gufungwa ashinjwa kuba yarasuzuguye ibyemezo by’urukiko.

Aba baturage barasaba ko inkiko zasubiramo urubanza bagahabwa umwanya bakagaragaza ukuri.

Haragirimana Gervin, ni umuyobozi w’umuduguduwa Rubare ari nawo uyu Habyaramungu asanzwe atuyemo yagize ati”jyewe mu gihe cy’isaranganya nari ntuye hano bivuga ngo mfite amakuru ahagaije kuri iki kibazo ariko twatunguwe n’uko uyu musaza afinzwe bavuga ko yasuzuguye urukiko kandi tutarabonye aburana rero turifuza ko urukiko rwamanuka tukaruha amakuru uyu musaza akarekurwa kuko n’igitabo basaranganiyemo kirimo amanimero ndagifite kandi iki nicyo cyari kumara impaka urukiko”

Undi muturanyi wabo nawe yunzemo ati”uyu byabaye nko kumufatirana ese urukiko iyo ruburanya ntirugendera ku bimenyetso?ubuse twe twibaza rwabajije bande ese muzehe we ko atahawe umwanya rwaburanishije ruvuga ko rwamubuze turasaba ko urubanza rwasubizwa mu mizi kuko aka ni akarengane”

Ese ubusanzwe iyo bigaragaye ko umuntu yahamijwe icyaha n’inkiko akanabihanirwa nyuma hakagaragara ibimenyetso bishya bimushinjura bigenda bite kugirango ahabwe ubutabera?

RadioTV10 yavuganye na Mupenzi Narsice umukozi muri Minisiteri y’ubutabera ukora muri serivisi zo guha abaturage ubutabera.

Yagize ati “amategeko ateganya ko iyo umuntu ahamijwe icyaha n’inkiko agakatirwa nyuma akaza kubona ibimenyetso bishya bimushinjura icyo gihe asubira mu rukiko akajuririra ingingo nshya ibyo akabikora mu gihe kitarenze amezi abiri abarwa uhereye ku munsi yaboneyeho icyo kimenyetso icyo gihe urukiko rutegeka ko urubanza rusubirwamo.”

Yakomeje agira ati”icyakora ibyo bifite umwihariko ku bantu bahamijwe ibyaha byo kwica muri genocide yakorewe Abatutsi kuko urukiko rubyemera iyo uwifuza kujuririra ingingo nshya agaragaza ko umuntu yashinjwaga mu rubanza rwambere akiriko ari muzima.”

Nk’uko bigaragazwa n’impapuro RadioTV10 ifitiye kopi uyu Habyaramungu Celestin yakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Kirehe ingifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 byose bituruka ku kuba ngo yarasuzuguye imyanzuro y’urukiko.

Inkuru ya: Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo

Next Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yumvikanye na KMC FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.