• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe, rigaragaza n’impamvu.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mutarama 2026, rifite umutwe ugira uti “Alliance Fleuve Congo/Mouvement du 23 Mars (AFC/M23) ntizava mu gace na kamwe mu byo yabohoje.”

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, iri Huriro ritangira rigaragaza ko ibice byabohowe, ubu bitembamo amahoro.

Riti “Abantu baho bakora ibikorwa byabo amasaha 24 ku kuri 24, serivisi nziza za leta zaragarutse, kandi ubukungu bwaho buri kugenda butera imbere, cyane cyane bitewe n’umusaruro mwinshi w’ubuhinzi, byatumye ibiciro by’ibiribwa bigabanuka cyane ku masoko.”

Yakomeje agaragaza kandi ko n’ibindi bikorwa bigenda bisubira ku murongo, “nk’amashuri akora neza amazi meza n’amashanyarazi bikomeza kuboneka kandi nta nkomyi, kandi imibereho y’abaturage ikomeje kuba myiza.”

Yakomeje agira ati “AFC/M23 ntizigera yemerera umuntu uwo ari we wese, ndetse n’ubutegetsi bwa Kinshasa, guhungabanya amahoro n’ituze byo mu bice twabohoye. Ishimangira cyane kandi idashidikanya ko yiyemeje kurengera no kurinda abaturage b’abasivili aho batotezwa, bakorerwa ibikorwa, cyangwa bakorerwa urugomo n’ubutegetsi bubi bw’abagizi ba nabi i Kinshasa.”

Kanyuka kandi yagarutse ku itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya Congo (FARDC) ryagiye hanze mu cyumweru gishize, cyatangaje ko iri Huriro rya AFC/M23 ari ryo riri inyuma y’ibibazo bikomeje kugaragara mu gace ryarekuye, avuga ko ari ikinyoma kimakajwe n’ubutegetsi bwa Congo.

Ati “Itangazo rya FARDC, riri mu migambi y’uburiganya, no kuyobya rubanda byimakajwe n’ubutegetsi budashoboye bwa Kinshasa, buzwiho ubuhanga mu guhimba amakuru y’ibinyoma kugira ngo buhishe amakosa yabwo ya gisirikare, politiki, n’ibikorwa by’ubutabazi.”

Kanyuka yavuze ko iri Huriro ryarekuye uriya Mujyi wa Uvira tariki 17 Mutarama 2026, ku manywa y’ihangu, kandi ku bushake, rigamije gutanga amahirwe ku gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.

Yavuze ko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri Uvira, abaturage bareba ndetse n’itangazamakuru yaba iry’imbere mu Gihugu na mpuzamahanga.

Nanone kandi iri Huriro ryarekuye uriya mujyi, amahoro ahinda, insengero zigihari, inzu z’abaturage zimeze neza, ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi by’abanyamulenge bimeze neza, ariko aho FARDC na Wazalendo bawinjiriyemo, ibintu bikaba bibi.

Ati “Mu gihe hari hategerejwe ko hoherezwa ingabo zidafite aho zibogamiye, nk’uko byasabwe na AFC/M23, ubutegetsi bwa Kinshasa bwashyizeho ingabo zabwo, kuva icyo gihe zikaba ari zo zagize uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu.”

Avuga kandi ko ihuzanzira rya Internet ryakoraga neza ubwo iri Huriro ryari rikiri muri uriya mujyi, ariko aho riwuviriyemo, rikurwaho n’ubutegetsi bwa Congo, kugira ngo hatajya hanze amarorerwa bwariho bukorera abaturage.

Ati “Birababaje cyane kandi biteye isoni kubona ubutegetsi bwa Kinshasa bwishimira kwinjira muri Uvira, mu gihe ibi byashobotse gusa kubera ubushake bwa AFC/M23 bwo kuharekura, mu buryo bunoze, kandi buzira umuze, byakozwe mu mwuka wo guhumuriza no gushaka amahoro bivuye ku mutima.”

Ihuriro AFC/M23 ryaboneyeho gusaba umuryango mpuzamahanga gukurikirana ibikorwa bibi biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, birimo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano ndetse n’ibindi bukomeje gukora birimo gukoresha abacancuro b’abanyamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − four =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Next Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y'Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n'abakobwa batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.