• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in MU RWANDA
0
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa Repubulika, yahererekanyije ububasha bw’inshingano na Col Dan Gatsinzi wamusimbuye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mutarama 2026 nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Ubuyobozi bukuru bwa RDF bwagize buti “Uyu munsi, ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, habaye umuhango w’ihererekanyabubasha aho Brigadier General Godfrey Gasana yashyikirije ku mugaragaro Col Dan Gatsinzi inshingano z’Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere.”

Iki gikorwa kibaye nyuma y’umunsi umwe Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ahaye aba bombi inshingano.

Brigadier General Godfrey Gasana yagizwe Umupilote wa Perezida, inshingano azafatanya no kuba Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo Zirwanira mu Kirere.

Uyu musirikare usanzwe ari inzobere mu bijyanye no gutwara indege, yari Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere kuva muri 2020.

Brigadier General Godfrey Gasana na Col Dan Gatsinzi wamusimbuye kuri izi nshingano, bahawe izi nshingano nshya mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo mu rucyerera rwo ku Cyumweru tariki 25 Mutarama 2026, Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bushyize hanze itangazo ry’izi nshingano bahawe.

Ni igikorwa cyabereye ku Cyicaro Gikuru cya RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nineteen =

Previous Post

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Next Post

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y'amateka yagezweho hagati y'u Burayi n'u Buhindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.