Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tumenye imigabo n’imigambi ba Ambasaderi bashya bazaniye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Tumenye imigabo n’imigambi ba Ambasaderi bashya bazaniye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye Ibihugu byabo mu Rwanda bashya uko ari 12, bakiriwe na Perezida Paul Kagame, bamushyikiriza impapuro zibemerera gutangira izi nshingano, bagaruka ku byo bagiye gushyiramo ingufu, byumvikanamo ibisanzwe biri mu murongo w’ububanyi n’ubutwererane by’u Rwanda.

Aba Badipolomate bakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2023, mu Biro bye muri Village Urugwiro, barimo abazaba bafite ibyicaro mu Rwanda, n’abazaba babifite mu Bihugu binyuranye byiganjemo ibyo mu karere.

Aba ba Ambasaderi, ni uwa Israel, Einat Weiss; uw’u Budage, Heike Uta Dettmann; uwa Korea y’Epfo, Jeong Woo-Jin; uw’u Budage, Heike Uta Dettmann; uwa Pakistan, Naeem Ullah Khan; bose bafite ibyicaro i Kigali.

Hari kandi ambasaderi Mesfin Gebremariam Shawo wa Ethiopia; Ambasaderi Mohamed Mellah wa Algeria; Soumaïla Savané wa Repubulika ya Guinea, na bo bose bazaba bafite ibyicaco i Kigali mu Rwanda.

Ni mu gihe abandi bazaba bafite ibyicaro mu bindi Bihugu, nka Ambasaderi Mlondi Solomon Dlamini wa Eswatini ufite icyicaro i Maputo, Ambasaderi Majid Saffar wa Iran ufite icyicaro i Kampala muri Uganda, Ambasaderi Ronald Micallef wa Malta icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia.

Hari kandi Ebrahim Mahmood Ahmed Abdullah uhagarariye Bahrain mu Rwanda, we ufite icyicaro i Tunis muri Tunisia, hakaba Ambasaderi Mathews Jere wa Zambia ufite icyicaro i Dar es Salaam muri Tanzania.

Aba badipolomate bagaragaje ibyishimo byo kwakirwa na Perezida Paul Kagame, banavuze ibyo bagiye gushyiramo ingufu mu guteza imbere umubano w’Ibihugu byabo n’u Rwanda.

Ambasaderi Einat Weiss wa Isarel mu Rwanda, avuga ko Igihugu cye n’u Rwanda bisanganywe umubano mwiza kandi bikaba bifite byinshi bisangiye, bityo ko imikoranire ndetse n’ubufatanye bizarushaho gutera imbere.

Yagize ati “Nkeka ko ntakindi Gihugu ku Isi gisangiye n’ikindi indangagaciro nk’uko bimeze kuri Israel n’u Rwanda. Hari byinshi bikomeje gukorwa hagati y’Ibihugu byombi mu buhinzi n’ubworozi, uburezi, ubuzima ndetse n’ibijyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga kandi nizeye ko tuzakomeza gukorana byinshi.”

Ambasaderi Jeong Woo-Jin wa Koreya y’Epfo mu Rwanda, avuga ko igihe gito amaze mu Rwanda, yamaze kubona ubwiza bwarwo ndetse n’umuco w’Abanyarwanda.

Yavuze ko azafatanya n’u Rwanda mu iterambere rurimo, hakoreshejwe inzira z’ubufatanye bw’Igihugu ahagarariye n’u Rwanda, by’umwihariko mu nzego zirimo ikoranabuhanga n’ubuhinzi.

Ambasaderi Heike Uta Dettmann uhagarariye u Budage mu Rwanda, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo Perezida Kagame yamwakiriye, ndetse n’ibiganiro bagiranye.

Ati “Twaganiriye ku mubano w’Ibihugu byacu kandi nanjye namwemereye ko niteguye gukora cyane mparanira ko umubano w’Ibihugu byacu warushaho gutera imbere.”

Ambasaderi Heike Uta Dettmann avuga ko azarushaho guteza imbere umubano n’imigenderanire ndetse n’imikoranire hagati y’Igihugu cye n’icy’u Rwanda, ku buryo hari ishoramari rizava mu Gihugu cye riza gukorera mu Rwanda.

Ambasaderi mushya wa Israel, Einat Weiss yazanye impapuro zimwemerera guhagararira Igihugu cye mu Rwanda
Avuga ko Igihugu cye gifite byinshi gisangiye n’u Rwanda

Ambasaderi Heike Uta Dettmann w’u Budage
Na we yazanye impapuro
Jeong Woo-Jin wa Korea y’Epfo
Majid Saffar uhagarariye Iran mu Rwanda
Ambasaderi Mathews Jere wa Zambia
Ambasaderi Ebrahim Mahmood Ahmed Abdulla wa Bahrain
Ambasaderi Mesfin Gebremariam Shawo wa Ethiopia
Ambasaderi Mohammed Mellah wa Algeria
Ambasaderi Soumaïla Savané wa Repubulika ya Guinea
Naeem Ullah Khan wa Palistan
Ambasaderi Mlondi Solomon Dlamini w’Ubwami bwa Eswatini
Ambasaderi Ronald Micallef w’Ibirwa bya Malta

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Gen Murasira wujuje icyumweru agaruwe muri Guverinoma yakiriye umushyitsi

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.