Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe habura amasaha macye ngo abana b’Ingagi 23 bahabwe amazina; imibare igaragaza ko mu myaka 18 u Rwanda rumaze rushyizeho gahunda yo ‘Kwita Izina’ umuryango w’ingangi umaze kwiyongera ku rugero rurenga 20%, ntibyagarukira aho gusa kandi, kuko n’abazisura biyongereye.

Kuri uyu wa 01 Nzeri 2023 abana b’Ingagi 33 biryamiye mu Birunga batekanye bazahuza abakomeye mu ngeri zitandukanye, aho bazitwa amazina, mu muhango unogeye ijisho ugiye kuba ku nshuro ya 19 mu kibaya kiri mu nkombe z’Ibirunga mu Kinigi.

Kuri iyi nshuro, abahungu babyawe na Intango, Ishyaka, Gutangara, Shishikara, Isaro, Icyamamare, Ingenzi, Mudakama; n’abakobwa bavutse kuri Twitabweho, Teta, Kurinda, Taraja, Sugira, Muntu, Sulubika, Inkindi, Ubudehe, Ubuhamya, Akaramata, Umurinzi, ndetse na bene karabo na Nyenyeri bazahabwa amazina yabo.

Abo ni barumuna ba bagenzi babo 352 bahawe amazina hagati y’umwaka wa 2005 kugeza muri 2023.

Mu myaka 18 igikorwa nk’iki kimaze mu Rwanda; Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere RDB rugaragaza ko umuryango w’Ingagi wiyongera ku rugero rwa 23%.

Muri icyo gihe n’umubare w’abasura u Rwanda wariyongereye uva ku bihumbi 449 byo mu mwaka wa 2006 bagera kuri 1 105 460 muri 2021. Muri uwo mwaka abasuye ingagi batanze miliyoni 113 USD.

Mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2022 izi ngagi zinjije miliyoni $ 11, mu gihe muri 2021 yari miliyoni 6USD. Naho muri 2020 yageze kuri miliyoni $5,9. Icyakora mbere y’umwaduko wa COVID-19; izi Ngagi zari zinjirije u Rwanda miliyoni $ 21,9. Iki cyorezo cyatumye urwego rw’ubukerarugendo buhomba ku rugero rwa 70%.

Icyakora mu mwaka ushize; Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yemeje ko uru rwego rutangiye kubyutsa umutwe. Aho hari mu gikorwa cyo kwita izina ku nshuro ya 17.

Icyo gihe yagize ati “Nyuma y’ibihe bikomeye bya COVID-19 byagize ingaruka ku bukerarugendo, ubu noneho ibintu bitangiye kumera neza. Ubukerarugendo bumaze kuzamuka kuri 80% ugereranyije n’uko byari bimeze mbere ya COVID-19. Amafaranga yo muri Pariki amaze no kuharenga gato. Ni intambwe nziza yo kwishimira kandi twizeye ko bizakomeza gutyo.”

Kwaguka k’uyu muryango w’Ingangi, abazishinzwe bavuga ko zikeneye no kwisanzura. Guverinoma y’u Rwanda yizeje ko igiye kwagura iyi Pariki y’Ibirunga, kandi bikazanagirira akamaro abaturiye iyi Pariki.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ubwo yayoboraga umuhango wo Kwita Izina w’umwaka ushize, yagarutse kuri iki cyifuzo cya Guverinoma.

Yagize ati “Nishimye kubamenyesha ko hari umushinga wo kwagura Pariki. Ntabwo ari umushinga uzaba utunguranye, ahubwo ni umushinga mwese muzagiramo uruhare dukurikije akamaro twavuze k’ubukerarugendo.”

RDB igaragaza ko kuva muri 2005 kugeza muri 2021 bakoresheje miliyoni 7,9 USD mu gufasha imishinga 881 y’abaturiye Pariki z’Igihugu, kandi muri yo 500 yakozwe n’abaturiye Pariki y’Ibirunga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka

Next Post

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.