Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Abatishoboye batunguwe n’icyemezo bafatiwe nyuma yo gutoranywa ngo bazafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, batoranyijwe ngo bazahabwe akazi muri VUP, bamenyeshejwe ko utarishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, azakurwamo.

Ni icyemezo kitanyuze bamwe muri aba baturage, bavuga ko mu gihe batoranyijwe nk’abatishoboye, badakwiye gushyirirwaho andi mananiza yatuma bakomwa ku mahirwe bari babonye.

Mukawera Selaphine ati “Baraje baradutora kuko dukennye batubwira ko tuzabona akazi muri VUP, ubwo rero baje kubihindura ngo tubanze dutange mituweri kandi ntayo dufite.”

Mukagatare Jacqueline nawe ati “Twageze ku agari bakajya batubwira ngo utabanza gutanga mituweli nta kazi bamuha, harimo benshi bagiye bayatangira ku Kagari ngo bazakunde babone ako kazi.”

Nubwo basabwa kwishyura mituweli mbere yo kubona akazi muri VUP y’uyu mwaka , abakoze mu y‘uyu mwaka ushize bavuga ko bambuwe amafaranga y’igice cya nyuma bamwe bakifuza ko aho kubishyuza mituweli ngo babone akazi, ahubwo bakwiye kubishyura amafaranga yabo.

Mukandayisenga Rehema agira ati “Kandi dufite amafaranga yacu batatwishyuye y’umwaka ushize, sindabona aya mbere nakoreye. bamfitiye ibihumbi cumi na kimwe ngo nyahereho nishyure mituweri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine yabwiye RADIOTV10 ko abaturage babaye barasabwe kubanza kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ngo bakunde babahe akazi muri VUP, byaba ari amakosa.

Ati “Umuturage atanga mituweli kubera ko yigishijwe akumva ibyiza byayo. Uwakora rero ibinyuranye n’ibyo, icyo gihe twabimubaza abaye ari Gitifu cyangwa SEDO tumenye ayo makuru twabakurikirana kuko ibyo ntabwo byemewe.”

Mukarutesi Vestine anavuga ko amafaranga abaturage batahembwe y’umwaka ushize bagomba guhita bayabona. Ati “Bitarenze ejo rwose abaturage bazaguhamagara bakubwira ko babonye amafaranga yabo.”

Kugeza ubu mu baturage 33 560 bo mu Murenge wa Rugabano bagomba kwishyura mituweri uyu mwaka, abagera ku 25 791 ni bo bamaze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bigashyira uyu murenge ku mwanya wa cyenda mu Mirenge 13 igize Akarere ka Karongi.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 1 =

Previous Post

Sena y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku nkuru y’akababaro y’Umusenateri witabye Imana

Next Post

Uganda: Umugabo yavuze icyamuteye kwiyicira umwana we w’imyaka 2

Related Posts

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Uganda: Umugabo yavuze icyamuteye kwiyicira umwana we w’imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.