Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, asohoye itangazo bivugwa ko ritavuzweho rumwe n’ubuyobozi bw’Akarere, uyu muyobozi yamaze kwandika ibaruwa asezera.

Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, yanditse ibaruwa isezera ku nshingano ze, kuri uyu wa Gatanu.

Ni amakuru yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kamonyi, Abiyingoma Gérard wabwiye ikinyamakuru Umuseke ati “Hari ubusabe bwe twabonye yanditse asaba guhagarika akazi ku mpamvu ze bwite.”

Abiyingoma avuga ko nta bisobanuro birambuye bikubiye muri ubwo busabe bwa Niyobuhungiro Obed wanditse asezera ku nshingano zo kuyobora Umurenge wa Karama.

Kwegura k’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, kubayeho nyuma y’iminsi micye, hacicikanye itangazo yasohoye, avuga ko nta rusengero rwemerewe gukora amateraniro, rudasanzwe rufite ibyangombwa.

Nanone kandi uyu Niyobuhungiro Obed yasabaga Abaturage ko bagomba kujya bajya guteranira ahasanzwe hemewe, ari ho mu nsengero na zo zibifitiye uburenganzira.

Bivugwa ko iri tangazo ryasohowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, ari ryo ryazamuye ukudahuza n’ubuyobozi bw’Akarere, buvuga ko iryo tangazo ritari riri mu bubasha bwe.

Bikekwa ko ibi ari byo ntandaro yatumye uyu muyobozi yandikira ubuyobozi bw’Akarere asezera ku nshingano ze.

Nanone ariko hari amakuru avuga ko uyu muyobozi wanigeze gufungwa, yarangwaga n’imikorere idatanga umusaruro wifuzwa kuko yagaragazaga intege nke mu nshingano ze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza

Next Post

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.