Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi byayo ni ibihe?: Ibyo wamenya kuri Pyramids FC igiye gukina na APR

radiotv10by radiotv10
15/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi byayo ni ibihe?: Ibyo wamenya kuri Pyramids FC igiye gukina na APR
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Cyumweru mu masaha ashyira ay’irenga ry’izuba rya Kigali, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC izakirira kuri Kigali Pele Stadium ikipe ya Pyramids FC yo mu Misiri mu mukino w’ijonjora rya kabiri muri CAF Champions League. Tumenye amateka y’iyi kipe ishobora kubererekera APR cyangwa ikayisezerera.

APR FC yo, ku bumva uru rurimi ndahamya ko mubizi ko ibigwi n’amateka yayo bitari byinshi cyane muri iri rushanwa abizi. Ariko se, iyi Pyramids FC yo ni ikipe ki? Ifite amateka ki? Yageze kuki? Abenshi bazi ko yabayeho 2018 ariko si ko bimeze.

Pyramids FC ni ikipe yabayeho mu 2008, yitwa Al Assiouty Sports, itangirira ahitwa Beni Seuf mu Misiri.

Nyuma y’uko ibayeho yamaze imyaka myinshi mu byiciro byo hasi ariko iza kuzamuka bwa mbere mu cyiciro cya mbere mu mwaka wa 2014.

Urugendo rwabo rwa mbere ntirwayibereye rwiza kuko yasoje iri ku mwanya wa 19, irongera isubira mu cyiciro cya 2. Isubiyeyo yayoboye itsinda A mu mwaka w’imikino wa 2016-2017 irongera izamuka mu cyiciro cya 1.

 

Uko yise Pyramids FC

Mu mpeshyi ya 2018, umuyobizi wa Saudi Sports Authority Turki Al-Sheikh yaguze Ikipe ya Al Assiouty sport. Uyu mugabo yahoze Ari Perezida w’icyubahiro w’ikipe izwi cyane ya Al Ahly ariko aza gutandukana na yo bitewe no kutumvikana ku buryo bwo gusinyisha abakinnyi no kubaka Sitade ubundi ajya kugura ikipe muri Beni Seuf.

Nka kwa kundi tubyumva mu nkuru zo muri Bibiliya ko hari abantu bagiye bahindurirwa izina, ni nako byagenze, iyi kipe yahise ihindurirwa izina yitwa Pyramids FC, inavanwa aho yabaga mu Bilometero 400 izanwa mu mujyi I Cairo, ubundi itangira ubuzima bushya.

Uwahoze Ari umutoza wa Al Ahly Hossam El-Badry yahise atangazwa nk’umuyobozi w’ikipe, Ahmed Hassan agirwa umuvugizi wayo, Hady Khashaba agirwa umuyobozi wa siporo, naho Alberto Valentim agirwa umutoza wayo.

Umwaka wabo wa mbere ku izina rishya Pyramids FC yasoje Ari iya gatatu ku rutonde rwa Shampiyona, ibona itike yo kujya mu mikino ya CAF Confederation Cup ndetse inagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Igihugu batsindwa na Zamalek 3-0.

Mu mpeshyi ya 2019, Salem Al Shamsi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yaguze imigabane muri iyi kipe, arayegukana.

Kuva yashingwa (Pyramids FC) yakomeje kwigaragaza nk’ikipe ya 3 mu Misiri kuko inshuro zose yabaye iya 3 uretse muri 2021-2022 ubwo yabaye iya 2 iri inyuma ya Zamalek.

Urugendo rwa Pyramids FC mu marushanwa Nyafurika ruteye gutya: Mu mwaka wabo wa 1 (ni ukuvuga ngo 2019-20) Pyramids FC yageze ku mukino wa nyuma nubwo yari yatangiriye mu majonjora y’ibanze. Yasezereye Etoile du Congo, CR Belouizdad na Young Africans. Pyramids Fc yayoboye itsinda yari irimo, ubundi mu mikino yo gukuranwamo, isezerera Zanaco United ku ntsinzi y’ibitego 3-1 mu mikino yombi, muri 1/2 ikuramo Horoya ku ntsinzi y’igitego 1-0, igeze ku mukino wa nyuma itsindwa na RS Berkane yo muri Maroc igitego 1-0. Uwo mwaka yarongeye isoreza ku mwanya wa 3 muri Shampiyona iwabo.

Mu myaka micye imaze nka Pyramids FC, ntirabasha gutwara igikombe cya Shampiyona, cyakora cyo yabaye iya 2 inshuro ebyiri (2021-2022 na 2022-2023) yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Igihugu inshuro ebyiri (2018-2019 na 2021-2022) ariko nabwo ntirabasha kugitwara.

APR FC ifite umusozi muremure wo kurira, cyangwa hari amahirwe ko yayikuramo?

Ikipe ya Pyramids yamaze kugera mu Rwanda

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Prince Kid wujuje ibyumweru 2 akoze ubukwe yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi washinjwaga kumwubahuka yakatiwe

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi washinjwaga kumwubahuka yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.