Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yagejewe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yagejewe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Prof Harelimana Jean Bosco wahoze ayobora Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amakoperative (RCA), uregwa hamwe na bagenzi be babiri, bakurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro, bagejejwe imbere y’Urukiko ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ariko basubizwa aho bafungiye bataburanye.

Prof Harelimanam aregwa muri dosiye imwe n’Umukozi Ushinzwe Amasoko muri RCA, Claver Hakizimana, ndetse n’uwari umukozi ushinzwe ububiko mu kigo cy’amakoperative, Gahongayire Liliane.

Bakurikiranyweho ibyaha birimo gutanga nabi amasoko ya Leta ndetse n’icyaha cyo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro.

Batawe muri yombi mu byumweru bibiri bishize tariki 14 Nzeri 2023, n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakoze iperereza, rukanashyikiriza dosiye Ubushinjacyaha, na bwo bwaregeye Urukiko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, Prof Harelimana Jean Bosco n’abo baregwa hamwe, bageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Umwe mu baregwa, ari we Hakizimana Claver, yagaragaje inzitizi zo kuba adafite umwunganira mu mategeko, kandi ko yifuza kuburana yunganiwe, bityo ko urubanza rwasubikwa kugira ngo Avoka we azamwunganire.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ari uburenganzira bw’uregwa kuba yaburana yunganiwe, bityo ko Urukiko rwabisuzuma, rukaba rwasubika urubanza, rukarwimurira ku yindi tariki.

Umushinjacyaha kndi yavuze ko Avoka wa Hakizimana Claver ari we Me Munyemana Pascal, yamenye atinze amakuru y’uru rubanza ko rwashyize none tariki 27 Nzeri, akaba atabonye umwanya wo gutegura dosiye n’umukiliya we.

Uregwa Hakizimana Claver na we wagize icyo avuga kuri iyi nzitizi, yavuze ko aho bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB, bamenyeshejwe ko bari kuzaburana kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, amaze kumva impande zombi, yasubitse urubanza, arwimurira kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023.

Prof Harelimana Jean Bosco yahoze ayobora RCA
Kuri uyu wa Gatatu ubwo abaregwa bari mu Rukiko (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Next Post

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.