Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi zikora mu rwego rwo gukusanya imyanda no kuyibyaza umusaruro, zashinze umuryango zihuriyemo wiswe ‘Waste Solutions Association of Rwanda’ uzatuma zirushaho gukora kinyamwuga, ukanazifasha kuzajya zibona ibisubizo by’ibibazo zajyaga zihura na byo.

Iri shyirahamwe ryiswe ‘Waste Solutions Association of Rwanda’, ryashinzwe kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, ahanagaragajwe intego zaryo ndetse n’ibisubizo rizanye muri uru rwego rwo gucunga no gukusanya imyanya.

Ubuyobozi bushya bw’iri shyirahamwe, buvuga ko rizabafasha kubona ibisubizo by’ibibazo bahuraga nabyo, kandi “Mu gutanga ibisubizo ntabwo twabigeraho turi umwe.”

Buvuga kandi ko uyu muryango ufite ifite intego mu kubungabunga ubuzima bw’abantu, cyane cyane ko urwego w’isuku no kubungabunga ibidukikije, rusanzwe ruri mu nkingi za mwamba z’ubuzima bw’abaturage.

Uyu muryango kandi uvuga ko aka kazi kagomba gukorwa mu buryo bwa kinyamwuga, bigakorwa neza kandi n’ababikora bakaba bafite ubumenyi n’ubushobozi bizatuma bikorwa neza.

Nduwayezu Leo usanzwe ayobora ikigo AGROPLAST Ltd gikora ibikoresho binyuranye kibikuye mu byamaze kuba imyanda, akaba yatorewe kuyobora uyu muryango ‘Waste Solutions Association of Rwanda’, avuga ko mbere na mbere uzafasha ibigo bisanzwe bikora muri uru rwego, bikanagera ku baturage.

Avuga ko nubwo uru rwego rumaze imyaka 20 rutangiye mu Rwanda ariko hari hakiriho imbogamizi ku barukoramo by’umwihariko mu koroherezwa gukora mu bwisanzure.

Ati “Kuko nta rwego twari dufite, amategeko yashyirwagaho n’abantu bicaraga muri ofisi zabo aho bakorera, yaba akorera ikigo runaka agashyiraho itegeko rigamije inyungu z’ikigo akorera, ariko usanga ritubahiriza kugira ngo abantu bakore akazi neza.”

Akomeza agira ati “Uyu munsi rero kuba hagiyeho asosiyasiyo biradufahsa kugira uruhare mu mategeko ashyirwaho no gutanga amakuru ku bintu bikora n’uburyo byakorwa neza kurushaho.”

Abakusanya imyanda bashimirwa uruhare bagira

Ibyo bakora ni ingenzi

Umuyobozi ushinzwe kunoza Ireme ry’Ubushakashatsi mu Rugaga rw’Abikorera (PSF) Steven Karake, avuga ko ibigo bisanzwe bikora mu bijyanye no gukusanya no gucunga imyanda, bafatiye runini abaturage.

Ati “Bano bantu ni ingenzi, baretse gutwara imyanda, sinzi aho abantu bakwirwa, kuko bafite umusanzu ukomeye mu buryo bwo kubikusanya kandi no gutuma Igihugu gisa neza.”

Karake uvuga kandi ko urwego bakoramo runatanga akazi, avuga ko banagira uruhare runini mu kubungabunga ibidukikije nk’indi ngingo ishyizwe imbere na benshi ku Isi.

Ati “Rero kuba bishyize hamwe bizabyara ikintu gikomeye, kandi twishimiye rwose kuba bishyize hamwe, kuba bagiye hamwe, bagiye gukorera hamwe, imbaraga ziyongere nabo kandi bizatuma umwuga wabo bakoraga bawunoza nanone.”

Dusengumuremyi Samuel wari uhagarariye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yavuze ko politiki y’isuku n’isukura, ihuriweho n’abafatanyabikorwa batandukanye, kandi baba bagomba gukorana umunsi ku wundi kugira ngo barusheho gutanga umusaruro bifuzwaho.

Yavuze ko kuba abakora mu rwego rwo gukusanya imyanda bishyize hamwe, bizabongerera ingufu kandi bikanorohereza abandi bafatanyabikorwa.

Ati “Kuba habonetse ijwi rimwe muri rusange, ni bimwe bishobora kuvugira abantu, bikomeza guha Minisiteri inshingano no kuyorohera mu buryo habaho uburyo bwo gushyira mu bikorwa ubuhuzabikorwa.”

Yakomeje agira ati “Iki ni igikorwa cyiza nka Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yishimiye kandi tuzakomeza gukorana kugira ngo tugere ku ntego Igihugu cyihaye yo gucunga imyanda mu buryo bwiza kugira ngo Abanyarwanda babe heza kandi bagire ubuzima bwiza.”

Uku kwishyira hamwe kw’ibigo bikora mu gucunga imyanda, kwashyigikiwe kandi n’Ikigo cy’Abadage Giharanira Iterambere rirambye, na cyo kivuga ko ibikorwa by’ibi bigo mu gutuma abaturage bagira ubuzima bwiza, bikwiye gushyigikirwa kugira ngo birusheho kugera ku ntego zabyo.

Nduwayezu Leo avuga ko ubu bagiye gukora kinyamwuga
Steven Karake avuga ko uyu muryango uzatuma abakora mu gukusanya imyanda bakora neza
Leo yatorewe kuyobora iri shyirahamwe

Biyemeje gushyira hamwe
Gukusanya imyanda bigiye kurushaho gukorwa neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + four =

Previous Post

Ibyitezwe mu muti wumvikanamo agashya uri kuvugutirwa ibibazo byo gutwara abagenzi

Next Post

U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

Related Posts

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwamaze guhagarikwa, zongeye kunyura mu Rwanda zerecyeza muri...

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye
MU RWANDA

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

12/05/2025
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.