Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Isuka Irakiza ikorera mu gishanga cya Kavura mu Karere ka Rwamagana, bari mu gihirahiro ku bwanikiro babwirwa ko bubakiwe n’Akarere ariko bukaba mu isambu y’umuturage ubagora. 

Mu mwaka wa 2021 ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwubatse ubwanikiro mu isambu ya Ngabonziza Egide wayoboraga Koperative Isuka Irakiza mu gishanga cya Kavura kiri hagati y’Umurenge wa Gishari n’uwa Muhazi.

Icyo gihe byatangiye guteza impagarara kubera ko abanyamuryango bakomeje gukenera kwanikamo umusaruro bakabangamirwa no kuba Ngabonziza yarabwiraga ko kuvanga ibigori bisanzwe n’ibituburano ngo bidakunda.

Aba baturage bavuga ko Akarere kakoze amakosa yo kububakira ubu bwanikiro mu butaka butari ubwabo bikabatera impungenge.

Umwe yagize ati “Twagerageje kujya tubibaza, bagenda badusobanurira ko ubwanikiro ari ubwacu ariko twababaza ibimenyetso byerekana ko ari ubwacu mu gihe bibaye ngombwa bakakibura. Tukumva ari akarengane kuko nk’abanyamuryango ntabwo tubugiraho uburenganzira.”

Undi na we yagize ati “Koperative iramutse isenyutse ba banyamuryango bari abayobozi bigwijeho bya bintu cyangwa aramutse abugurishije nta nyungu twabibonamo.”

Aba banyamuryango ba Koperative bavuga ko ubuyobozi bwabubakira ubundi bwanikiro mu butaka bwa Koperative hanyuma na Ngabonziza akagumana ubwanikiro bwe nk’uko bwubatswe mu isambu ye.

Ngabonziza Egide wigeze kuba umuyobozi w’iyi Koperative Isuka Irakiza, avuga ko byose byakozwe n’Akarere ari nako kabibazwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yamenyesheje RADIOTV10 ko iki kibazo atari akizi.

Mu butumwa yandikiye umunyamakuru, yagize ati “Nta makuru mfite. Biransaba kuyashaka. Nawe uyafite wayampa nkakurikirana.”

Abanyamuryango b’iyi Koperative bavuga ko hari ubundi bwanikiro nabwo bwubatswe mu isambu ya Perezida w’iyi Koperative uriho ubu, bakavuga ko bitari bikwiye ko ubwanikiro bwa Koperative bwubakwa mu masambu y’abayobozi kandi hari ubutaka bwa Koperarive buhagije.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − six =

Previous Post

Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka

Next Post

Ibijya gushya birashyuha: Iby’ingenzi byo kwibuka ku mutoza watandukanye na Rayon bitunguranye

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibijya gushya birashyuha: Iby’ingenzi byo kwibuka ku mutoza watandukanye na Rayon bitunguranye

Ibijya gushya birashyuha: Iby’ingenzi byo kwibuka ku mutoza watandukanye na Rayon bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.