Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje ibanga rituma u Rwanda rugendererwa cyane n’abanyamahanga mu bukerarugendo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje ibanga rituma u Rwanda rugendererwa cyane n’abanyamahanga mu bukerarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame agaragaza ko hakiri imbogamizi zituma umubare w’abasura Ibihugu byo muri Afurika mu bikorwa by’ubukerarugendo utagera ku rwego rwifuzwa, zirimo amabwiriza ya bimwe agenga urujya n’uruza rw’abantu, gusa ku ruhande rw’u Rwanda rwo rukaba rwaramaze kubishyira ku murongo

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 02 Ugushyingo 2023 ubwo yatangziaga ku mugaragaro Ihuriro rya 23 ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubukerarugendo, World Travel and Tourism Council (WTTC), riteraniye i Kigali

Ni ihuriro ribaye nyuma y’ibibazo byagiye byugariza ubukungu bw’isi, ndetse n’ubukerarugendo by’umwihariko nk’icyorezo cya COVID-19 kigeze gushegesha uru rwego.

Perezida Kagame avuga ko ubukerarugendo bwatangiye kubura umutwe, ariko hakaba hakiri ibindi bikibangamiye uru rwego bitarimo intambara n’ibyorezo.

Ati “Ingendo n’ubukerarugendo byavuye mu ngaruka z’ubukungu ku rwego rukomeye, ariko igiciro cyo kuza muri Afurika n’imbere muri uyu Mugabane; kiracyari imbogamizi.”

Umukuru w’u Rwanda uvuga ko hakwiye gushyirwa mu bikorwa amasezerano agenga iby’ingendo z’indege muri Afurika, yagaragaje ko u Rwanda hari icyo rwakoze.

Ati “Twe twakuyeho gusaba VISA umuturage wese uva mu Gihugu cya Afurika no mu bindi Bihugu. Buri Munyafurika ashobora kurira indege akaza mu Rwanda iza mu Rwanda igihe cyose abishakiye, nta kiguzi na gito bimusaba kugira ngo yinjire mu Rwanda.”

Mu rwego rwo gukemura ibyo bibazo bishingiye ku byemezo by’Ibihugu bibangamira ubukerarugendo; Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza yavuze ko igihugu cye hari ibyo bahugiyemo bishobora kubahuza n’abaturanyi.

Yagize ati “Guverinoma y’u Burundi yiyemeje guteza imbere ubukerarugendo ndetse no kubyaza umusaruro amahirwe dufite. Igihugu kiri gushyiraho ibikorwa remezo by’ubukerarugendo bigera ahantu nyaburanga hose. Twizeye ko mu minsi micye tuzaba dubite imihanda igera ku Bihugu duturanye kugira ngo abakerarugendo bagere muri ibyo bice.”

Perezida wa Tanzania, Dr Samia Suluhu Hassan avuga ko ibyo bigomba guherekezwa n’ubushakashatsi kuri iyi ngingo.

Ati “Kugira ngo urwego rw’ubukerarugendo rurusheho gutanga umusaruro; tugomba gukora ubushakashatsi ku bigezweho mu bukerarugendo; ibyo abakerarugendo bakunda, ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibi bizadufasha gufata ibyemezo no gushyiraho ingamba zigamije iterambere rirambye ry’Umugabane wa Afurika, ndetse hari n’ubwo bamwe muri twe twita ku bukerarugendo gusa ariko tukibagirwa ingingo ijyanye n’ingendo. Ibi bigira ingaruka mu gihe cyo kureba uruhare bigira mu musaruro mbumbe no kubukungu bwacu.”

Umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubukerarugendo WTTC (World Travel and Tourism Council) ugaragaza ko mu mpera z’umwaka wa 2023 umusaruro w’uru rwego uzazamuka ku kigero cya 9%. Uyu mubare utuma rwegera ku rugero rwariho muri 2019 mbere y’umwaduko wa COVID-19.

Nanone kandi mu myaka icumi iri imbere, ubukerarugendo buzinjiriza Umugabane wa Afurika miliyari 279 USD, angana na 7.2% by’ubukungu bw’uyu Mugabane. Ibi bizaterwa n’uko hagati ya 2022 kugeza muri 2032, uru rwego ruzazamukaho 6.8%.

Abitabiriye iyi nama basusurukijwe n’Itorero mu mbyino gakondo

Perezida wa Tanzania Madamu Samia Suluhu Hassan yavuze ko hakenewe n’ubushakashatsi
Visi Perezida w’u Burundi avuga ko Igihugu cye hari ibyo kiri gukora
Ni inama yateguwe neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 15 =

Previous Post

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Next Post

Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.