Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB) cyatangaje ko cyahagaritse ibigo ibigo 13 by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro birimo ibitazongererwa impunshya, kubera amakosa byagaragaweho arimo ayo kutubahiriza umutekano w’abacukuzi.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iki Kigo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ugushyingo 2023, rivuga ko iki cyemezo gishingiye ku “makosa akomeje kubaho” ajyanye no kubahiriza umutekano, amabwiriza y’ibidukikije, no kubahiriza itegeko ry’umurimo.

RMB ikomeza igira iti “Uyu munsi hagendewe ku mategeko, RMB yahagaritse cyangwa itegeka ko hatazabaho ivugururwa ry’impushya z’ibigo 13 bikurikira kubera amakosa akomeye amaze iminsi aba.”

Ibi bigo byahagaritswe cyangwa bikaba bitazavugururirwa impushya; ni Africome International, Better Generation and Machinery Limited, Cooperative Abahizi, TMT Limited, Cooperative KOPAMU, Soremi Intego Limited, SEAVMC Limited, DEMICARU Limited, Mushishiro Mining Company Limited, ndetse n’ikigo cya Hard Metal Limited.

RMB ikomeza ivuga ko hari izindi kompanyi zagaragaweho amakosa akomeye, na zo zahawe umuburo w’integuza wo kuzifungira, zinasabwa kugaragaza ibyo zakoze zikosora ayo makosa mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri. Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibitazabyubahiriza, bizahagarikirwa impushya.”

RMB isaba ibindi bigo gukomeza kurushaho kunoza ibikorwa byabyo, ivuga ko hari ibikabakaba 150 bikora neza birimo n’ibisanzwe ari iby’abashoramari b’imbere mu Rwanda.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’iminsi micye, hakomeje kuba impanuka z’ibirombe bigwira abakozi bacukura amabuye y’agaciro, bamwe bakahasiga ubuzima, barimo batandatu babukoreraga mu kirombe cyo Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bagwiriwe n’ikirombe mu cyumweru gishize, bagahita bahasiga ubuzima.

Mu kwezi gushize kandi, ikindi kirombe cyo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, na cyo cyari cyagwiriye abantu babiri, bo banabuze, hagafatwa icyemezo cyo kuhashyira ikimenyetso ko ari ho baguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 11 =

Previous Post

Urujijo ku wari wabuze basanze amanitse nyuma y’amagambo yabwiye n’uwo bari bagiranye ikibazo

Next Post

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.