Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato
Share on FacebookShare on Twitter

I Bangui mu Murwa Mukuru wa Repubulika ya Centrafrique ahahoze ibibazo by’umutekano, ubu amahoro arahinda, babikesha Ingabo z’u Rwanda zagiyeyo mu butumwa, zirahirirwa n’abaturage bo muri uyu mujyi, bavuga ko abacuruzi bongeye gukora ku ifaranga, abanyeshuri bagasubira ku mashuri, ubuzima bukongera gusubira ku murongo.

Kuva muri 2013, Repubulika ya Centrafrique yibasiwe n’ibibazo by’umutekano byadutse ubwo François Bozizé wari Perezida yahirikwaga ku butegetsi n’ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba zo mu idini ya Isilamu rizwi nka Séléka, aho iri huriro ritahwemye guhora mu makimbirane n’imitwe ya anti-Balaka yari igizwe n’abakristu bari bashyigikiye uyu Bozizé.

Muri 2019, u Rwanda rwohereje ingabo muri Centrafrique zari zigiye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, zaje kunganirwa n’izoherejwe mu mpera za 2020, zo zagiye ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi, zagiye nyuma y’uko izari ziriyo zari zikomeje kwibasirwa n’inyeshyamba.

Kuva icyo igihe, ibintu byarahindutse muri iki Gihugu by’umwihariko i Bangui mu Murwa Mukuru wacyo, aho ubu ibikorwa byari byarahagaze byarasenywe n’imidugararo; nk’amashuri, amavuriro n’amasoko, ubu bimwe byongeye kubakwa na RDF, bikaba bikora neza.

Nyuma yo guhashya iyi mitwe, ingabo z’u Rwanda kandi zanubatse bimwe mu bikorwa byari byarasenywe n’izi mvururu, ubu byongeye gukora nk’uko byahoze.

Abaturage bo muri uyu mujyi, bavuga imyato ingabo z’u Rwanda zababereye nk’umucunguzi, kuko ubu batekanye, bakaba basigaye baryama bagasinzira ntacyo bikanga, ndetse n’ibikorwa byabo bakabikora ntacyo bikanga.

Umwe mu bacuruzi bo muri uyu mujyi, yagize ati “Ubu ndakora nkageza saa tanu z’ijoro kuko iyo abantu batangiye kugenda nanjye ndataha, ni ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze n’uko byifashe uyu munsi, hari itandukaniro rikomeye ku bijyanye n’umutekano, ubu dufite umutekano, na we urabona abasirikare, ubu dufite abantu baturinda.”

Uyu mucuruzi avuga ko kuva ingabo z’u Rwanda zatangira kubacungira umutekano, ibintu byahindutse, kuko amahoro ahinda, abantu bakaba basigaye bakora batikanga.

Mugenzi we witwa Natasha avuga ko iyo babona ingabo z’u Rwanda ziri ku burinzi muri ibi bice bacururizamo, baba bizeye ko ntakintu gishobora kubahungabanyiriza umutekano, bikaba byaratumye bongera gukora ku ifaranga kuko bacuruza nta nkomyi.

Ati “Mbere twari dufite ikibazo cy’abakiliya, ariko ubu baraza nta kibazo cy’amafaranga gihari, iyo tubona abasirikare bari gucunga umutekano hano, bidutera ibyishimo ndetse n’abakiliya bakaza ntacyo bikanga.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko “ibijyanye no kurwanya umwanzi byo bisa nk’aho byarangiye, uretse ko ibikorwa byo gucunga umutekano bigikomeza kugira ngo nihagira ikindi kibazo kivuga aho ari ho hose tube twagikurikirana.”

Akomeza agira ati “Iyo turangije rero ako kazi, muri filozofi yacu tugomba gukora n’ibindi bituma umutekano rusange uza, kimwe muri ibyo bikorwa rero, ni ukubaka amashuri, amavuriro, ahantu hatandukanye, gukora isuku mu mujyi…”

Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko nubwo uyu mujyi wa Bangui ari munini ku buryo ibigikenewe gukorwa ari byinshi, ariko ingabo z’u Rwanda ziri gukora ibishoboka, kuko zigenda zifata igice kimwe zikakibandaho, cyamara kugira ibikorwa by’ibanze, bakajya mu kindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 15 =

Previous Post

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Next Post

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

Related Posts

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, announced that the “enemy of Uganda” who recently entered the...

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

by radiotv10
06/08/2025
0

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n'igihe bizatangirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.