Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) yatangaje ko ifite icyizere gihagije ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizakemuka mu gihe cya vuba, Ibihugu byombi bikongera kubana kivandimwe.

Byatangajwe na Perezida wa EALA, Joseph Ntakirutimana uyoboye imirimo y’iyi Nteko iri kubera mu Rwanda, ariko ikaba itaritabiriwe n’abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi Nteko.

Hon. Joseph Ntakirutimana avuga ko nubwo abo Badepite ba Congo Kinshasa batitabiriye ibikorwa by’Inteko biri kubera mu Rwanda, bizeje bagenzi babo ko bazakomeza gukorana mu buryo bw’iya kure.

Yagize ati “Batwandikiye ibaruwa batumenyesha ko badashoboye kuza gukorera i Kigali, ariko ko tuzakorana mu buryo bw’ikoranabuhanga, bivuze ko ntacyo bizahungabanya.”

Perezida wa EALA uvuga ko kutaza kwa bagenzi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishingiye ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’Igihugu cyabo n’u Rwanda, ariko ko hari icyizere ko bigiye kurangira, kandi ko n’abo Badepite ba DRC babishyigikiye.

Ati “Twizeye ko ibi bibazo dufite, iki kibazo kiri hagati ya DRC n’u Rwanda, ejo mu gitondo [ashaka kuvuga mu gihe cya vuba] kizaba cyarangiye, bigasubira kuba nka mbere, kandi barabishyigikiye.”

Hon. Joseph Ntakirutimana avuga ko abahawe inshingano zo gukurikirana gukemura ibi bibazo, bari gukora inshingano zabo, ku buryo “twebwe dutegereje twizeye ko umuti uzaboneka.”

Hon. Fatuma Ndangiza uri mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri iyi Nteko ya EALA, yavuze ko “umuti w’iki kibazo uzava mu rwego rwa politiki, ni na cyo DRC isabwa ariko Ibihugu iyo bihura bigenda bigerageza gushaka ibisubizo.”

Gusa avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo hakirimo isubyo, kuko ibyakunze kubyenyegeza bigenda birushaho gukara, nk’imitwe ibangamira abaturage, ijyenda ivuka.

Ati “Nk’ibyo bya Wazalendo bifashe nk’interahamwe, ni ibibazo bigenda bivuka, ndetse banatsemba bamwe mu bavuga Ikinyarwanda. Ni ikibazo kiremereye gihangayikishije akarere, ariko nta muti uhari wo kugikemura mu buryo bworoshye, uretse ingamba z’Ibihugu byafashe.”

Hon. Fatuma Ndangiza avuga ko nka EALA icyo bakora ari ugukomeza kwibutsa ko hakwiye gushyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe ndetse n’Ibihugu bigakomeza gushakira amahoro ababituye.

 

Ntibashyigikiye ko ingabo za EAC ziva muri Congo

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iherutse kwerurira Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko ingabo zawo ziri mu butumwa muri iki Gihugu zigomba gutaha ubwo zizaba zisoje manda yazo izarangira mu ntangiro z’ukwezi gutaha.

Ubwo habaga Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango mu cyumweru gishize, Ubunyamabanga bwawo bwatangaje ko buzubaha iki cyemezo cya DRC, ariko ko kitabanyuze kuko izi ngabo zari zaragiyeyo gucungira umutekano abaturage, kandi bakaba bari bakibikeneye.

Uyu muryango kandi watangaje ko Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu biwugize bazahura muri iki cyumweru, bakaganira kuri iki gikorwa cyo gukura ingabo muri DRC, ariko bakazanageza kuri mugenzi wabo wa Congo, ko Ibihugu bitishimiye iki cyemezo.

Abadepite ba EALA, na bo bavuze ko ingabo za EAC ziri mu burasirazuba bwa Congo, zidakwiye kuvayo, ahubwo ko zikwiye kongera kongererwa igihe, kuko ziriyo ku neza y’abaturage, bityo kuba zavayo byaba bisa nko kubatererana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 1 =

Previous Post

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

Next Post

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.