Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) yatangaje ko ifite icyizere gihagije ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizakemuka mu gihe cya vuba, Ibihugu byombi bikongera kubana kivandimwe.

Byatangajwe na Perezida wa EALA, Joseph Ntakirutimana uyoboye imirimo y’iyi Nteko iri kubera mu Rwanda, ariko ikaba itaritabiriwe n’abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi Nteko.

Hon. Joseph Ntakirutimana avuga ko nubwo abo Badepite ba Congo Kinshasa batitabiriye ibikorwa by’Inteko biri kubera mu Rwanda, bizeje bagenzi babo ko bazakomeza gukorana mu buryo bw’iya kure.

Yagize ati “Batwandikiye ibaruwa batumenyesha ko badashoboye kuza gukorera i Kigali, ariko ko tuzakorana mu buryo bw’ikoranabuhanga, bivuze ko ntacyo bizahungabanya.”

Perezida wa EALA uvuga ko kutaza kwa bagenzi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishingiye ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’Igihugu cyabo n’u Rwanda, ariko ko hari icyizere ko bigiye kurangira, kandi ko n’abo Badepite ba DRC babishyigikiye.

Ati “Twizeye ko ibi bibazo dufite, iki kibazo kiri hagati ya DRC n’u Rwanda, ejo mu gitondo [ashaka kuvuga mu gihe cya vuba] kizaba cyarangiye, bigasubira kuba nka mbere, kandi barabishyigikiye.”

Hon. Joseph Ntakirutimana avuga ko abahawe inshingano zo gukurikirana gukemura ibi bibazo, bari gukora inshingano zabo, ku buryo “twebwe dutegereje twizeye ko umuti uzaboneka.”

Hon. Fatuma Ndangiza uri mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri iyi Nteko ya EALA, yavuze ko “umuti w’iki kibazo uzava mu rwego rwa politiki, ni na cyo DRC isabwa ariko Ibihugu iyo bihura bigenda bigerageza gushaka ibisubizo.”

Gusa avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo hakirimo isubyo, kuko ibyakunze kubyenyegeza bigenda birushaho gukara, nk’imitwe ibangamira abaturage, ijyenda ivuka.

Ati “Nk’ibyo bya Wazalendo bifashe nk’interahamwe, ni ibibazo bigenda bivuka, ndetse banatsemba bamwe mu bavuga Ikinyarwanda. Ni ikibazo kiremereye gihangayikishije akarere, ariko nta muti uhari wo kugikemura mu buryo bworoshye, uretse ingamba z’Ibihugu byafashe.”

Hon. Fatuma Ndangiza avuga ko nka EALA icyo bakora ari ugukomeza kwibutsa ko hakwiye gushyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe ndetse n’Ibihugu bigakomeza gushakira amahoro ababituye.

 

Ntibashyigikiye ko ingabo za EAC ziva muri Congo

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iherutse kwerurira Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko ingabo zawo ziri mu butumwa muri iki Gihugu zigomba gutaha ubwo zizaba zisoje manda yazo izarangira mu ntangiro z’ukwezi gutaha.

Ubwo habaga Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango mu cyumweru gishize, Ubunyamabanga bwawo bwatangaje ko buzubaha iki cyemezo cya DRC, ariko ko kitabanyuze kuko izi ngabo zari zaragiyeyo gucungira umutekano abaturage, kandi bakaba bari bakibikeneye.

Uyu muryango kandi watangaje ko Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu biwugize bazahura muri iki cyumweru, bakaganira kuri iki gikorwa cyo gukura ingabo muri DRC, ariko bakazanageza kuri mugenzi wabo wa Congo, ko Ibihugu bitishimiye iki cyemezo.

Abadepite ba EALA, na bo bavuze ko ingabo za EAC ziri mu burasirazuba bwa Congo, zidakwiye kuvayo, ahubwo ko zikwiye kongera kongererwa igihe, kuko ziriyo ku neza y’abaturage, bityo kuba zavayo byaba bisa nko kubatererana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

Next Post

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Related Posts

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe
MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.