Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, wari wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yagumishirijweho iki cyemezo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana uregwa ibyaha birimo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare tariki 15 Ugushyingo 2023.

Uyu wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba ari na zo nshingano aherukamo, yari yajuririye iki cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare.

Mu bujurire bwe, CG Gasana yavugaga ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere rwirengagije impamvu yarugaragarije asaba kurekurwa agakurikirana ari hanze, aho yavugaga ko adashobora kubangamira iperereza nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwo bwakomeje kuvuga ko aramutse arekuwe nk’umuntu wayoboye inzego zikomeye nka Polisi y’u Rwanda yahoranye inshingano zo gukora iperereza, yakoresha ubwo bubasha yahoranye akaba yaribangamira.

Uregwa kandi yongeye kubwira Urukiko ko afite uburwayi bukomeye ku buryo akwiye kurekurwa kugira ngo ajye abasha gukurikiranwa n’abaganga.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare, rwasomye icyemezo cyarwo, ruvuga ko impamvu zashingiweho n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare zifite ishingiro.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare rwavuze kandi ko ibyaha bikekwa k’uregwa bikomeye kuko bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri, ndetse n’impamvu yatanze zikaba zidafite ishingiro, bityo ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

CG (Rtd) Gasana watawe muri yombi tariki 25 Ukwakira 2023 nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yari amaze kumukura ku nshingano zo kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, n’icyaha cyo gusaba cyangwa kwakire indonke.

Ni ibyaha bishingiye ku mushoramari wari watsindiye isoko ryo gusakaza amazi mu bice binyuranye mu Turere tumwe two mu Ntara y’Ibusirazuba, aho bikekwa ko yakoreshejwe n’uyu wahoze ari Guverineri, akamushyirira imashini zuhira mu murima we, mu bikorwa bifite agaciro ka Miliyoni 48 Frw.

Uregwa yemera ko ibyo bikorwa byabayeho, ariko ko byari mu gikorwa cyo kugerageza imishinga yo kuhira imyaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Next Post

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.