Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakatiwe kubera urugomo ariko ntafungwe akarukomeza ngo ibyo akorera abantu na we siwe

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in MU RWANDA
0
Uwakatiwe kubera urugomo ariko ntafungwe akarukomeza ngo ibyo akorera abantu na we siwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wakatiwe gufungwa imyaka itatu kubera gukubita no gukomeretsa abantu, ariko ntajyanwe mu Igororero, akomeje ibikorwa by’urugomo, abaturanyi bakavuga ko batumva icyabuze ngo afungwe, we akavuga ko abiterwa n’ubusinzi, ngo ariko iyo atanyoye inzoga aba ari umwana mwiza.

Uyu musore witwa Mutijima Gaston, aherutse gukatirwa iki gifungo n’Urukiko rwa Nyarubuye, ariko ntiyajyanwa mu Igororero, ubu akaba akomeje kwidegembya.

Uwitwa Hirwa Emile wo mu Mudugudu wa Mutwe mu Kagari ka Nasho muri uyu Murenge wa Mpanga, yabwiye RADIOTV10 ko mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 yakubiswe n’uyu musore ubwo yamusangaga ari gukiza abarwanaga ku muhanda.

Ati “Barimo bashyamirama, harimo n’abandi bapapa, ndabakiza niba barabonye ko mbabangamiye bahita bamfata barankubita.”

Uwamahirwe Appolinaire, umubyeyi wa Hirwa Emile, avuga nta butabera yahawe bw’umubungu dore ko batanze ikirego mu Bugenzacya cyakirwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarubuye, hakaba hashize ukwezi Urukiko rukatiye umusore wamukubitiye umwana igifungo cy’imyaka 3 ariko ntafungwe.

Undi muturage witwa Ntegekurora Frodouard wo muri aka Kagari ka Ntasho, na we avuga ko uyu musore yamukubise muri iki cyumweru.

Ati “Yankubise, amaze kunkubita yankubise imitwe itatu ndakanuka n’amenyo arajegera njya kwa muganga.”

Bamwe mu baturage bavuga ko uyu musore kimwe na bagenzi be bakunze kugaragarwaho urugomo, bakwiye kujyanwa mu kigo ngororamuco kugira ngo bahindurwe.

Mutijima Gaston uvugwaho gukubita no gukomeretsa abaturage, yemeye ko ajya agira urugomo, ariko ko arugira iyo yanyweye inzoga.

Ati “Icyo kurwana cyo nkiyiziho nanjye. Ariko hari igihe usanga atari njye bitewe n’ubusinzi. Kuko rimwe na rimwe kenshi mbikora nasinze, ntabwo mba nabiteguye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yavuze iki kibazo batari bakizi nk’ubuyobozi, ariko ko bagiye kugikurikirana.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Mauritania: Uwabaye Perezida yakatiwe gufungwa ahamijwe ibirimo kwigwizaho imitungo.

Next Post

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.