Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Putin washyiriweho impapuro zimuta muri yombi yongeye kugirira uruzinduko hanze

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Putin washyiriweho impapuro zimuta muri yombi yongeye kugirira uruzinduko hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin umaze amezi umunani ashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, yongeye kugirira uruzinduko hanze y’Igihugu cye, ajya muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho ava yerecyeza muri Saudi Arabia.

Perezida Putin yageze i Abu Dhabi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukuboza 2023, aho agiye mu ruzinduko rw’akazi, agomba guhuriramo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi Mukuru w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burusiya, Yury Ushakov yatangaje ko Abakuru b’Ibihugu byombi baza kugirana ibiganiro bari kumwe n’abayobozi mu nzego ku mpande zombi, ubundi bakaza kugirana ibiganiro byo mu muhezo.

Biteganyijwe kandi ko Putin nasoza uruzinduko rwe i Abu Dhabi, aza gukomereza urugendo rwe muri Saudi Arabia n’ubundi kuri uyu wa Gatatu.

Biteganyijwe kandi ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin aza kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Saudi Arabia ndetse n’Igikomangoma Mohammed bin Salman Al Saud.

Yury Ushakov yavuze ko Perezida w’u Burusiya, agiye yitwaje impano ashyiriye Abakuru b’Ibihugu bazamwakira nk’ikimenyetso cy’umucuro w’Igihugu. Putin yaherukaga gusura UAE na Saudi Arabia mu kwezi k’Ukwakira 2019.

Putin akoze uru ruzinduko mu gihe muri Werurwe uyu mwaka, yashyiriweho n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) impapuro zo kumuta muri yombi, kubera ibyaha akekwaho birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu bifitanye isano n’urugamba yashoje muri Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda aza ku isonga mu Gihugu kimwe cyo mu karere

Next Post

Zambia: Habaye igisa n’igitangaza nyuma y’uko hari abamaze iminsi 5 baragwiriwe n’ikirombe

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zambia: Habaye igisa n’igitangaza nyuma y’uko hari abamaze iminsi 5 baragwiriwe n’ikirombe

Zambia: Habaye igisa n’igitangaza nyuma y’uko hari abamaze iminsi 5 baragwiriwe n’ikirombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.