Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Imyigaragambyo yo kwamagana ibyavuye mu matora yatangiranye umuriri

radiotv10by radiotv10
27/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Imyigaragambyo yo kwamagana ibyavuye mu matora yatangiranye umuriri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyekongo bashyigikiye abakandida batishimiye ibiri kuva mu matora y’Umukuru w’Igihugu, batangiye kwigaragambya babyamagana, aho bamwe badatinya kuvuga ko barambiwe kwibira amajwi Perezida Felix Tshisekedi.

Ni imyigaragambyo yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, nyuma y’amasaha macye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itangaje ko yambariye kuburizamo iyi myigaragambyo.

Minisitiri w’Intebe Wungirije ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Peter Kazadi, kuri uyu wa Kabiri yari yavuze ko bafite amakuru y’itegurwa ry’iyi myigaragambyo, ariko ko inzego z’umutekano na zo ziteguye kuzayiburizamo.

Gusa kuri uyu wa Gatatu ntibyabujije bamwe mu Banyekongo kwirara mu mihanda bakora iyi myigaragambyo yo kwamagana ibiri gutangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora bigaragaza ko Perezida Felix Tshisekedi ayoboye bagenzi be bari bahatanye mu matora.

Abashyigikiye Martin Fayulu wanahangaye na Tshisekedi mu matora aheruka, bagaragaye mu mihanda bavuga ko barambiwe ubujura bw’amajwi bukorwa na Tshisekedi, bakavuga ko umukandida wabo ari we watsinze amatora kandi ko kuri iyi nshuro ari we ugomba gutegeka Igihugu.

Umunyamakuru Peter Tiane ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko abandi bambari bashyigikiye Martin Fayulu na Denis Mukwege bakoreye imyigaragambyo kuri Sitade y’i Kinshasa yiritwe abahowimana.

Mu mashusho yagaragajwe n’uyu munyamakuru, yerekana abitabiriye iyi myigaragambyo batwitse amapine mu muhanda rwagati, bavuga mu majwi arangurura ko badashobora kwemera ubujura bukomeje gukorwa muri aya matora y’Umukuru w’Igihugu.

Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’uko bamwe mu bakandida bahataniraga kuyobora Congo Kinshasa, bagaragaje ko batishimiye ibiri kuva mu matora, ndetse bamwe bakavuga ko agomba gusubirwamo.

Abashyigikiye Moise Katumbi bo, bemeje ko ari we watsinze aya matora, nk’uko byatangajwe n’ishyaka rye Ensemble pour la République ndetse bamwe mu banyapolitiki bamushyigikiye bavuga ko biteguye kurwana urugamba rwo guhangana n’uwashaka kubahuguza iyi ntsinzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 5 =

Previous Post

Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Next Post

Hatangajwe impinduka z’igihe gito mu gutega imodoka zerecyeza Ntara n’impamvu yazo

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe impinduka z’igihe gito mu gutega imodoka zerecyeza Ntara n’impamvu yazo

Hatangajwe impinduka z’igihe gito mu gutega imodoka zerecyeza Ntara n’impamvu yazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.