Friday, May 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

radiotv10by radiotv10
30/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umutwe wa M23 uvuze kenshi ko mu bo bahanganye harimo n’abasirikare b’u Burundi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’iki Gihugu, yemeje ko igisirikare cye cyagiye gutabara Congo kuko ari umuturanyi na we wabafasha igihe baba bugarijwe.

Kuva imirwano yakongera kubura hagati y’umutwe wa M23 n’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDRL, hakunze kuvugwa amakuru ko ingabo z’u Burundi na zo zinjiye muri ubu bufatanye bwo guhashya umutwe wa M23.

Umutwe wa M23 wagiye ubitangaza kenshi, ndetse ukanagaragaza imfungwa zafatiwe ku rugamba zirimo abasirikare b’u Burundi, banagaragazaga imyirondoro yabo n’uburyo bahagurutse mu Burundi babwirwa ko bagiye guhangana na M23.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu cyumweru gishize ubwo yashimiraga inzego z’umutekano z’Igihugu cye mu muhango wabereye i Gitega, yashimiye ingabo ziri mu butumwa zirimo n’iziri muri Congo, ariko yirinda gukomoza kuri ibi birego byari bimaze iminsi bivugwa na M23.

Ubwo yari mu kiganiro n’umunyamakuru, Perezira Ndayishimiye yabajijwe kuri iki kibazo niba koko ingabo z’u Burundi ziri mu ruhande ruhanganye na M23, abyemeza adaciye ku ruhande.

Yavuze ko u Burundi busanzwe bufitanye amasezerano na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bya gisirikare, bityo ko ntacyabuza Igihugu kimwe gutabara ikindi mu gihe cyugarijwe n’umwanzi.

Yagize ati “Kuko inzu y’umuturanyi nishya, ntujye kuyizimya, nawe iyawe nishya, ntabwo azaza kandi ntawumenya ibiza uko biza. Iyo rero u Burundi butabara Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kigiye gutabara nk’uko cyitabara kuko intambara niza usabwa kumenya kuyirwana utarayirwana.”

Umutwe wa M23 kandi wakunze kuvuga ko mu bo wagiye wivugana bo ku ruhande bahanganye, harimo n’abasirikare b’u Burundi, ndetse bamwe mu Barundi bakaba baherutse kotsa igitutu Leta yabo gusobanura iby’abasirikare b’Igihugu cyabo bari kugwa muri uru rugamba.

Muri iki kiganiro, Perezida Ndayishimiye yavuze ko intambara igira ibyayo, bityo ko kuba hari abayigwamo, ari ibisanzwe.

Ati “sinzi niba abantu bazi intambara, intambara ni umukino wo gupfa. Iyo wanze gupfa, ntuba umusirikare, uhita witahira. Umusirikare abanza kumva mu mutwe ko gupfa apfiriye Igihugu, mwebwe mutari abasirikare n’abapolisi, mwumva urusasu mukajya aho rutaturikiye, bo biruka bajya aho rwaturikiye.”

Ni mu gihe kandi uru rugamba ruri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rukomeje guhindura isura, ndetse kuri uyu wa Gatanu rukaba rwakomereje mu bice byegereye umujyi wa Goma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Next Post

U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

Related Posts

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin byarangiye atitabiriye biganiro by’amahoro, byagomba kumuhuza na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ahubwo yohereza...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko adashaka kuzongera kubona urwego rumwoherereza ibaruwa ‘y’ubugoryi’, nyuma yuko Komisiyo...

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko bukomeje umukwabu wo guhiga bukware no gufata abarwanyi ba FDLR, aba Wazalendo n’aba FARDC bakihishe...

IZIHERUKA

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we
MU RWANDA

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

16/05/2025
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

16/05/2025
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

16/05/2025
Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.