Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwishwe anizwe n’umugabo we kubera ifuhe: Hagaragajwe ishusho y’urugomo mu ijoro ry’Ubunani

radiotv10by radiotv10
02/01/2024
in MU RWANDA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu bane baburiye ubuzima mu bikorwa by’urugomo n’impanuka byabaye mu ijoro ry’Ubunani, bose bo mu Ntara ebyiri, barimo umugore wishwe n’umugabo kubera kumwumva avugana n’undi kuri telefone.

Muri abo bantu bane baburiye ubuzima mu ijoro ry’Ubunani, barimo babiri bazize urugomo bakorewe n’abantu, nk’umugore wo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe wanizwe n’umugabo we kugeza ashizemo umwuka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yavuze ko nyakwigendera yanizwe n’umugabo we ubwo yumvaga ari kuvugana n’abandi kuri telefone.

Muri iyi Ntara y’Iburasirazuba, mu Karere ka Rwamagana, nanone hari undi muntu umwe wazize urugomo, wakubiswe inkoni mu mutwe na mugenzi we bariho basangira, arataha ariko ageze mu rugo ahita yitaba Imana.

Ni mu gihe abandi bantu babiri bazize impanuka zabere mu Turere twa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ndetse n’iyabereye mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba.

ACP Rutikanga Boniface avuga ko nk’uwazize impanuka mu Karere ka Nyagatare, bamusanze yashizemo umwuka, mu gihe imodoka yamugonze yo yahise icika.

Ati “Abantu basanze yapfuye, ariko imodoka yamugonze ntabwo iramenyekana harimo gukorwa iperereza kuko yahise ikomeza iragenda ariko irimo gushakishwa.”

Naho uwazize iyabereye mu Karere ka Musanze, yo yatewe n’umuntu wari uryamye mu muhanda, aho undi yagiye kumukuramo, imodoka igahita ibagonga bombi, ariko umwe akaba ari we uhasiga ubuzima.

ACP Rutikanga ati “Uwari uryamye mu muhanda yapfuye, uwageragezaga kumukuramo we arakomereka bikomeye ariko umushoferi we nubwo yari yagerageje gutoroka, yaje gufatwa.”

ACP Rutikanga aributsa abantu kwishimira iminsi mikuru, ariko bakirinda gukabya, kuko benshi mu bagaragaweho ibi bikorwa, byatewe n’ubusinzi.

Ati “Iyo ugenzuye impanuka n’urugomo byabaye byaturutse ku businzi n’urugomo. Turasaba ko abantu banezerwa ariko bakirinda ibintu byose bihungabanya umutekano.”

Yavuze kandi ko hari abandi bantu batandatu batawe muri yombi kubera ubujura, barimo bane bafatiwe mu Mujyi wa Kigali bakekwaho kwambura abantu Telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

UK: Hateguwe operasiyo rurangiza yo kurandura ba rushimusi bigize ba rusahuriramunduru

Next Post

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.