Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Hasobanuwe uko umukozi mu nzego z’ibanze yatahuwe agiye kwiyahura n’icyari kibimuteye

radiotv10by radiotv10
04/01/2024
in MU RWANDA
0
Gicumbi: Hasobanuwe uko umukozi mu nzego z’ibanze yatahuwe agiye kwiyahura n’icyari kibimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, bwemeje ko umukozi w’Umurenge wa Ruvune muri aka Karere yajyanywe kwa muganga igitaraganya kugira ngo aganirizwe nyuma yo gushaka kwiyambura ubuzima kubera amakimbirane afitanye n’umugore we.

Uwo mukozi ushinzwe kwakira abagana Ibiro by’Umurenge (Customer Care), yajyanywe ku Bitaro bya Byumba mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mutarama 2024 nyuma y’uko hatanzwe impuruza ko avuze ko agiye kwiyahura.

Amakuru avuga ko uwo mugabo w’imyaka 41 yagiranye intonganya n’umugore we basanzwe bafitanye amakimbirane, akamubwira ko agiye kwiyahura, ari na bwo uwabyumvise yahise ahamagara polisi.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Uwera Parfaite yemereye ikinyamakuru Umuseke ko ibi byabaye, ndetse ko uwo muturage yahise atabarwa atarashyira mu bikorwa umugambi wo kwiyambura ubuzima.

Yagize ati “Icyo twihutiye ni ukumukura mu rugo kugira ngo ajyanwe kwa muganga kugira ngo aganirizwe.”

Uyu muyobozi uvuga ko uyu muturage ari mu nzira zo gushaka gatanya n’umugore we, avuga ko hataramenyekana icyari kigiye gutuma yiyambura ubuzima.

Ati “Mu biganiro ari bugirane n’abaganga nibwo hari bumenyekane icyabimuteye nuko byatangiye.”

Maya Uwera yavuze kandi ko umugore w’uyu muturage yari amaze iminsi ajya gutanga ikirego ku Karere ko umugabo we yamwibye umwana.

Uyu muyobozi yaboneyeho kugira inama abaturage kujya birinda gufata imyanzuro ihutiweho, ahubwo ko mu gihe bafite ibibazo bibaremereye bajya bihutira kwiyambaza inzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

Ukuri ku mikoranire ya FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR kwashyizwe hanze

Next Post

Amakuru agezweho: Kazungu ukekwaho ibirimo kwica abantu 14 agiye gusubira imbere y’Urukiko

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Kazungu ukekwaho ibirimo kwica abantu 14 agiye gusubira imbere y’Urukiko

Amakuru agezweho: Kazungu ukekwaho ibirimo kwica abantu 14 agiye gusubira imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.