Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda y’abimukira

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda y’abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye yo kwita ku bimukira n’abashaka ubuhungiro, mu gihe baba batoherejwe.

Inkuru dukesha BBC, ivuga ko u Bwongereza bwahaye u Rwanda Miliyoni 240£, ndetse n’andi miliyini 50£ ategerejwe, mu rwego rwo kuzafasha abimukira kuza mu Rwanda, ariko kugeza ubu nta n’umwe uroherezwa.

Mu kiganiro kigufi Umunyamakuru wa BBC yagiranye na Perezida Paul Kagame i Davos mu Busuwisi mu bikorwa by’Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu, yamubajije ibijyanye na gahunda y’abimukira bagomba kuva mu Bwongereza bohereza mu Rwanda, yakomeje kuzamo ibibazo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko “atari ikibazo cy’u Rwanda, ahubwo ni icy’u Bwongereza.”

Umunyamakuru kandi yakomeje amubaza ku bijyanye n’aya mafaranga u Bwongereza bwahaye u Rwanda, amusubiza agira ati “Ni amafaranga yagenewe kuzakoresha kuri abo bantu ubwo bazaba baje. Nibaramuka bataje, dushobora kubasubiza amafaranga.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo na we yavuze kuri iyi ngingo, avuga ko nta bwiriza riri muri iyi gahunda yo gusubiza u Bwongereza amafaranga bwahaye u Rwanda ariko ko igihe u Bwongereza bwabisaba “tuzabiha agaciro.”

Yolande Makolo kandi yavuze ko ayo mafaranga yari anagamije gutera inkunga iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda ariko no “kwitegura kwakira no kuzita ku bimukira igihe bazaba baje.”

Yagize ati “Ugendeye ku mabwiriza y’amasezerano, ntabwo u Rwanda rutegetswe gusubiza amafaranga ayo ari yo yose. Ariko igihe nta bimukira baba baje mu Rwanda, kandi Guverinoma y’u Bwongereza ikifuza gusubizwa inkunga yari igenewe gufasha abimukira, tuzaha agaciro ubwo busabe.”

Ni mu gihe Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza itegereje gutora itegeko rigamije kohereza mu Rwanda abimukira, nyuma y’uko Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, zivuguruye amasezerano.

Abadepite benshi bashyigikiye uyu mushinga, gusa abo mu ishyaka ry’abakozi ‘Labour’ bakavuga ko uhenze cyane kandi ko utazashoka.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak wakunze kuvuga ko ntagishobora gusubiza inyuma uyu mushinga, ahanganye na bamwe mu Badepite bo mu ishyaka rye, bavuga ko uyu mushinga w’itegeko udakomeye bihagije kandi ko Guverinoma ikwiye kwitegura kuzirengagiza amategeko mpuzamahanga kugira ngo ibashe kohereza abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

RDF yungutse abasirikare bafite imyitozo y’urugamba yihariye banagaragaje imwe muri yo

Next Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Urubyiruko rw'u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.