Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda y’abimukira

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye muri gahunda y’abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rushobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye yo kwita ku bimukira n’abashaka ubuhungiro, mu gihe baba batoherejwe.

Inkuru dukesha BBC, ivuga ko u Bwongereza bwahaye u Rwanda Miliyoni 240£, ndetse n’andi miliyini 50£ ategerejwe, mu rwego rwo kuzafasha abimukira kuza mu Rwanda, ariko kugeza ubu nta n’umwe uroherezwa.

Mu kiganiro kigufi Umunyamakuru wa BBC yagiranye na Perezida Paul Kagame i Davos mu Busuwisi mu bikorwa by’Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu, yamubajije ibijyanye na gahunda y’abimukira bagomba kuva mu Bwongereza bohereza mu Rwanda, yakomeje kuzamo ibibazo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko “atari ikibazo cy’u Rwanda, ahubwo ni icy’u Bwongereza.”

Umunyamakuru kandi yakomeje amubaza ku bijyanye n’aya mafaranga u Bwongereza bwahaye u Rwanda, amusubiza agira ati “Ni amafaranga yagenewe kuzakoresha kuri abo bantu ubwo bazaba baje. Nibaramuka bataje, dushobora kubasubiza amafaranga.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo na we yavuze kuri iyi ngingo, avuga ko nta bwiriza riri muri iyi gahunda yo gusubiza u Bwongereza amafaranga bwahaye u Rwanda ariko ko igihe u Bwongereza bwabisaba “tuzabiha agaciro.”

Yolande Makolo kandi yavuze ko ayo mafaranga yari anagamije gutera inkunga iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda ariko no “kwitegura kwakira no kuzita ku bimukira igihe bazaba baje.”

Yagize ati “Ugendeye ku mabwiriza y’amasezerano, ntabwo u Rwanda rutegetswe gusubiza amafaranga ayo ari yo yose. Ariko igihe nta bimukira baba baje mu Rwanda, kandi Guverinoma y’u Bwongereza ikifuza gusubizwa inkunga yari igenewe gufasha abimukira, tuzaha agaciro ubwo busabe.”

Ni mu gihe Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza itegereje gutora itegeko rigamije kohereza mu Rwanda abimukira, nyuma y’uko Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, zivuguruye amasezerano.

Abadepite benshi bashyigikiye uyu mushinga, gusa abo mu ishyaka ry’abakozi ‘Labour’ bakavuga ko uhenze cyane kandi ko utazashoka.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak wakunze kuvuga ko ntagishobora gusubiza inyuma uyu mushinga, ahanganye na bamwe mu Badepite bo mu ishyaka rye, bavuga ko uyu mushinga w’itegeko udakomeye bihagije kandi ko Guverinoma ikwiye kwitegura kuzirengagiza amategeko mpuzamahanga kugira ngo ibashe kohereza abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + eight =

Previous Post

RDF yungutse abasirikare bafite imyitozo y’urugamba yihariye banagaragaje imwe muri yo

Next Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Urubyiruko rw'u Rwanda rwagaragarijwe icyo rwakora kigafatwa nk’ubutwari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.