Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga Bukuru bwa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, bwabaye nk’ubunyuranya n’ibiherutse gutangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye ko yifuza gufasha urubyiruko rw’u Rwanda rugakuraho ubutegetsi, buvuga ko uko byakiriwe atari ko yashatse kubivuga.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa Leta mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, Jerome Niyonzima.

Iri tangazo ritangira risa nk’irivuga ko ijambo rya Perezida Evariste Ndayishimiye, ryasobanuwe ukutari ko ngo hagendewe ku itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ku wa 22 Mutarama 2024.

Guverinoma y’u Rwanda igendeye ku byatangajwe na Perezida Ndayishimiye ku Cyumweru tariki 21 Mutarama, yamaganye imvugo ye ‘rutwitsi’, aho yavugiye i Kinshasa ko yifuza gufasha urubyiruko rw’u Rwanda rugakuraho ubutegetsi, ngo kuko bwarugize nk’imfungwa.

Mu itangazo ry’u Burundi, bwo bwavuze ko atari byo yashatse kuvuga, ahubwo ko ngo habayeho gukabiriza no kuyobya abantu ku byatangajwe na Ndayishimiye.

Umunyamabanga Mukuru wa Leta muri Perezidansi y’u Burundi, Jerome Niyonzima, muri iri tangazo akomeza avuga ko nka Perezida Ndayishimiye ushinzwe urubyiruko mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze biriya ubwo yasubizaga impamvu “urubyiruko rw’u Rwanda rutitabira inama zo mu karere, ziba zateguwe mu gusangizanya ibitekerezo, akavuga ko yiyemeje kuzatuma rubyitabira, kandi ni na yo nshingano yo guteza imbere Urubyiruko rwa Afurika.”

U Burundi bukomeza buvuga ko ibyo u Rwanda rwashinje Perezida wabwo Evariste Ndayishimoye ngo atari ukuri, ahubwo ko ngo bigamije guhisha ikibazo nyakuri kiri hagati y’Ibihugu byombi.

Guverinoma y’u Burundi ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Taraba, mu gihe iy’u Rwanda yo ibihakana, ikagaragaza ko n’abarwanyi b’uyu mutwe bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda, rwabashyikirije iki Gihugu ku manywa y’ihangu.

Abasesengura ibijyanye na Politiki, bo bavuga ko u Burundi ahubwo ari bwo bushaka guhumya uburari kuko ari bwo bwigeze kujya bufasha imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda nka MRCD-FLN, aho bamwe mu barwanyi bagiye bafatwa cyangwa bicirwa ku butaka bw’u Rwanda bagabye ibitero, basanganwaga ibikoresho by’igisirikare cy’u Burundi.

Bamwe mu bafatiwe muri uyu mutwe bakanagezwa imbere y’ubutabera, bagiye banatanga amakuru y’uburyo u Burundi bwafawushaga by’umwihariko Perezida wabwo, yagiye abakira bakagirana ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + nine =

Previous Post

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Next Post

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.