• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

radiotv10by radiotv10
27/01/2024
in MU RWANDA
1
Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu ni bo bamaze kumenyekana ko baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Mugesera ubwo bwavaga mu Karere ka Ngoma bwerecyeza mu ka Rwamagana, mu gihe abandi babarirwa muri barindwi baburiwe irengero.

Ubu bwato bwari butwaye abantu barenga 40, bwavaga mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bwerecyeza mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bwarohamye mu Kiyaga cya Mugesera ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024 ahagana saa kumi.

Amakuru avuga ko ubusanzwe ubu bwato bufite ubushobozi bwo gutwara abantu 15 ndetse ko ari na bwo bwishingizi bufitiye, ariko ko bwari butwaye abantu barenga 40, ku buryo ari na byo byatumye burohama kuko bwaremerewe n’ibilo byinshi.

Uretse abantu batandatu bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’iyi manuka, harohowe abandi 31, mu gihe ababarirwa muri barindwi bagishakishwa.

Amakuru y’iyi mpanuka yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana Hamduni wavuze ko yatewe no kuba ubwato bwari butwaye umubare w’abantu budafitiye ubushobozi.

Yagize ati “Ubwo bwato ni ibiti ariko bufite moteri, rero abantu bwari butwaye bavaga Rukumberi berekeza Karenge, abenshi bahinga Rukumberi bataha Karenge.”

SP Hamduni avuga ko abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi bihutiye kugera kuri iki Kiyaga kugira ngo batabare, ari na bwo babashaga kurohora abantu 31 bakiri bazima, ndetse bagakuramo imirambo y’abantu batandatu, barimo abakuru ndetse n’abana babiri barimo uw’amezi ane, imibiri yabo yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Rwamagana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasiruzuba yaboneyeho gusaba abatwara abantu mu bwato, kujya bubahiriza amabwiriza yose, bakirinda gutwara umubare urengeje ubushobozi bw’ubwato kugira ngo hirindwe impanuka nk’izi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel AHIZANGEZA says:
    2 years ago

    RIP Ku bapfuye ndetse na Pole ku miryango yabuze ababo n’abanyarwanda twese muri rusange. Inama natanga kuri #RNP, nkuko traffic police ishyira barrieres nyinshi mu muhanda, na police yo mu mazi na yo bacunge cyane, barrieres nyinshi mu mazi, bahane, ndetse bakumire impanuka zitaraba.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura

Next Post

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.