Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

radiotv10by radiotv10
27/01/2024
in MU RWANDA
1
Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu ni bo bamaze kumenyekana ko baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Mugesera ubwo bwavaga mu Karere ka Ngoma bwerecyeza mu ka Rwamagana, mu gihe abandi babarirwa muri barindwi baburiwe irengero.

Ubu bwato bwari butwaye abantu barenga 40, bwavaga mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bwerecyeza mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bwarohamye mu Kiyaga cya Mugesera ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024 ahagana saa kumi.

Amakuru avuga ko ubusanzwe ubu bwato bufite ubushobozi bwo gutwara abantu 15 ndetse ko ari na bwo bwishingizi bufitiye, ariko ko bwari butwaye abantu barenga 40, ku buryo ari na byo byatumye burohama kuko bwaremerewe n’ibilo byinshi.

Uretse abantu batandatu bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’iyi manuka, harohowe abandi 31, mu gihe ababarirwa muri barindwi bagishakishwa.

Amakuru y’iyi mpanuka yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana Hamduni wavuze ko yatewe no kuba ubwato bwari butwaye umubare w’abantu budafitiye ubushobozi.

Yagize ati “Ubwo bwato ni ibiti ariko bufite moteri, rero abantu bwari butwaye bavaga Rukumberi berekeza Karenge, abenshi bahinga Rukumberi bataha Karenge.”

SP Hamduni avuga ko abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi bihutiye kugera kuri iki Kiyaga kugira ngo batabare, ari na bwo babashaga kurohora abantu 31 bakiri bazima, ndetse bagakuramo imirambo y’abantu batandatu, barimo abakuru ndetse n’abana babiri barimo uw’amezi ane, imibiri yabo yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Rwamagana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasiruzuba yaboneyeho gusaba abatwara abantu mu bwato, kujya bubahiriza amabwiriza yose, bakirinda gutwara umubare urengeje ubushobozi bw’ubwato kugira ngo hirindwe impanuka nk’izi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel AHIZANGEZA says:
    2 years ago

    RIP Ku bapfuye ndetse na Pole ku miryango yabuze ababo n’abanyarwanda twese muri rusange. Inama natanga kuri #RNP, nkuko traffic police ishyira barrieres nyinshi mu muhanda, na police yo mu mazi na yo bacunge cyane, barrieres nyinshi mu mazi, bahane, ndetse bakumire impanuka zitaraba.

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel AHIZANGEZA Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura

Next Post

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.