Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

radiotv10by radiotv10
27/01/2024
in MU RWANDA
1
Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu ni bo bamaze kumenyekana ko baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Mugesera ubwo bwavaga mu Karere ka Ngoma bwerecyeza mu ka Rwamagana, mu gihe abandi babarirwa muri barindwi baburiwe irengero.

Ubu bwato bwari butwaye abantu barenga 40, bwavaga mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bwerecyeza mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bwarohamye mu Kiyaga cya Mugesera ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024 ahagana saa kumi.

Amakuru avuga ko ubusanzwe ubu bwato bufite ubushobozi bwo gutwara abantu 15 ndetse ko ari na bwo bwishingizi bufitiye, ariko ko bwari butwaye abantu barenga 40, ku buryo ari na byo byatumye burohama kuko bwaremerewe n’ibilo byinshi.

Uretse abantu batandatu bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’iyi manuka, harohowe abandi 31, mu gihe ababarirwa muri barindwi bagishakishwa.

Amakuru y’iyi mpanuka yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana Hamduni wavuze ko yatewe no kuba ubwato bwari butwaye umubare w’abantu budafitiye ubushobozi.

Yagize ati “Ubwo bwato ni ibiti ariko bufite moteri, rero abantu bwari butwaye bavaga Rukumberi berekeza Karenge, abenshi bahinga Rukumberi bataha Karenge.”

SP Hamduni avuga ko abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi bihutiye kugera kuri iki Kiyaga kugira ngo batabare, ari na bwo babashaga kurohora abantu 31 bakiri bazima, ndetse bagakuramo imirambo y’abantu batandatu, barimo abakuru ndetse n’abana babiri barimo uw’amezi ane, imibiri yabo yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Rwamagana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasiruzuba yaboneyeho gusaba abatwara abantu mu bwato, kujya bubahiriza amabwiriza yose, bakirinda gutwara umubare urengeje ubushobozi bw’ubwato kugira ngo hirindwe impanuka nk’izi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel AHIZANGEZA says:
    2 years ago

    RIP Ku bapfuye ndetse na Pole ku miryango yabuze ababo n’abanyarwanda twese muri rusange. Inama natanga kuri #RNP, nkuko traffic police ishyira barrieres nyinshi mu muhanda, na police yo mu mazi na yo bacunge cyane, barrieres nyinshi mu mazi, bahane, ndetse bakumire impanuka zitaraba.

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel AHIZANGEZA Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura

Next Post

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.