• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’ubuzima bw’amagorwa bw’umwana wasubiye mu ishuri agasubizwa inyuma

radiotv10by radiotv10
05/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru y’ubuzima bw’amagorwa bw’umwana wasubiye mu ishuri agasubizwa inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 wo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, aravuga ko nyuma y’uko asubiye mu ishuri yigagaho bakamuhakanira, yahise ajya gushaka imibereho, ubu akaba akora imirimo itaragenewe umwana.

Uyu mwana w’umukobwa wigaga muri Pfunda Primary School, avuga ko yasubiye mu ishuri nyuma y’umwaka yararihagaritse kubera imibereho n’ubundi igoye, ariko agezeyo, ubuyobozi bw’ishuri buramwangira bumusaba kuzagaruka umwaka utaha.

Ntakindi yahise ahitamo, kuko yahise ajya gushakisha imibereho, ubu akaba akora mu kirombe cy’amabuye, ari na ho umunyamakuru yamusanze.

Uku kwikorera amabuye, avuga ko ari bwo buzima bwe bwa buri munsi, ariko ko atari bwo yifuza, kuko yari yasubiye mu ishuri yumva abishaka. Ati “Nk’ubu banyemereye ko njya ku ishuri byambera byiza.”

Icyimanimpaye Josephine, umubyeyi w’uyu mwana avuga ko ubu buzima umwana we amaze kubumenyera kuko yabuze ubushobozi bwo kubona ibyo yasabwe n’ubuyobozi bw’iki kigo yigagaho kugira ngo akomeze kwiga.

Umubyeyi we ati “N’ubu amakaye aracyari mu nzu, ni umuntu wari umwitangiye amuhereza amakayi ariko ntiyamuha uniform, mujyanye ku ishuri yambaye uniform ya cyera baramwanga; barambwira ngo nintange amafaranga y’ibiryo ibihumbi bitanu y’ibihembwe bitatu bya mbere hashize n’iby’ubu na uniform ngo ninyatanga umwana azabone yige, ibyo byose rero narabibuze nta bushobozi nabibonera kuko nta se afite ni imfubyi ari abana bane.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko na we ababazwa n’ubuzima uyu mwana we arimo agasaba ko yafashwa gusubira mu ishuri.

Ati “Nanjye kantera agahinda kuko iyo ndi kureba uko ari gukora ni uko nta bushobozi mba mfite, ubu najya muri uyu mugezi gushakamo utubuye, iyo dukoreye menshi dukorera igihumbi ubwo iyo dukoreye igihumbi ni icyo kurya ntacyasagukaho.”

Ruzigana Maximilien, Umuhuzabikorwa w’Umuryango Coalition Umwana ku Isonga, uharanira uburenganzira bw’abana, avuga ko iki kibazo gikwiye gusuzumwa byihuse kuko kidakwiye kugaragara mu Rwanda.

Yagize ati “Kwanga ko umwana asubira ku ishuri kandi we abishaka byo ni ikosa, ibyo byo navuga ko ari ikosa niba umwana abyifuza ariko bakamusubiza inyuma ngo ko yasigaye inyuma ariko bashobora kumufatira icyemezo bakavuga bati umwana turabona atagendana n’abandi reka asibizwe, ibyo biremewe.”

Mukeshuwera Justine uyobora iri shuri rya Pfunda Primary School, ahakana ibitangazwa n’uyu mwana n’umubyeyi we, akavuga ko atigeze ageza ku kigo ngo bamusubizeyo. Ati “Uwo rero ndumva tutari kumwirukana ngo nta uniform, ubwo yaba yababeshye.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Namibia bapfushije Perezida

Next Post

Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.