• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuyobozi bwa RTDA bwagaragaje ingano y’ibirometero byubatswe mu myaka 30

radiotv10by radiotv10
11/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU, UBUTABERA, UMUTEKANO
0
“Nabonye ntacyo naha igihugu cyanjye, uretse kucyitura nkagiha imbaraga zanjye”-Umupfumu yubatse umuhanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere rya Taransiporo (RTDA), Mwiseneza Maxime Marius yatangaje  ko mu myaka 30 ishize urwego rw’ubwikorezi rwateye imbere rwubatse imihanda ya kaburimo yo ku rwego rw’igihugu ireshya n’ibirometero 1,639.

Yabigarutseho mu kiganiro ‘Kubaza bitera Kumenya’ cyatambutse kuri Radiyo Rwanda mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 11 Gashyantare 2024.

Nyuma yuko Jenoside yakorewe abatutsi ihagaritswe, Leta yashyize imbaraga mu kubaka imihanda kuko imihanda ikenerwa cyane kubera ko igihugu kidakora ku Nyanja.

RTDA isobanura ko hakozwe imihanda myinshi kubera ko Leta yabishyizemo ingufu nyinshi.

Itangaza ko iterambere igihugu kigezeho, imihanda yabigizemo uruhare runini.

Yavuze ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwubatse imihanda ya kaburimo yo ku rwego rw’igihugu ireshya n’ibirometero 1,639.

Imihanda yo ku rwego rw’Akarere n’Umujyi wa Kigali yavuguruwe, ireshya n’ibirometero 3,932.

Harimo imihanda yubatswe n’iyavuguruwe yari ibitaka bityo igashyirwamo kaburimbo.

Imihanda yo ku rwego rwa Kabiri yubatswe, ireshya n’ibirometero 11,631 mu gihe imigendero yubatswe yifashishwa n’abaturage kugeza umusaruro ku masoko ireshya n’ibirometero 4,136.

Mwiseneza yagize ati “Imihanda yose yubatswe mu Rwanda mu gihe cy’imyaka 30 ishize, ireshya n’ibirometero bisaga 37,000.

Harimo imihanda ya kaburimo by’umwihariko imihanda mpuzamahanga, iyo ku rwego rw’Akarere n’Umujyi wa Kigali, ihuza insisiro n’imigenderano mu turere hagati”.

Itegeko ryasohotse ku wa 02/08/2022 rigena ko ibigenda ku mihanda yok u rwego rw’igihugu nko gutera ibiti, gusiga amarangi byose bikorwa na RTDA. 

RadioTV10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eight =

Previous Post

“Ibikorwa byibasira UN ntibyemewe” – MONUSCO yamaganye abigaragambya muri RDC

Next Post

Nyamagabe: Abamotari batwaye inkingo za COVID-19 bahishuye ingorane bamaranye imyaka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyamagabe: Abamotari batwaye inkingo za COVID-19 bahishuye ingorane bamaranye imyaka

Nyamagabe: Abamotari batwaye inkingo za COVID-19 bahishuye ingorane bamaranye imyaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.