Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye ibisa n’amayobera byatumye hari ubutaka bw’u Rwanda bwimukira muri Congo

radiotv10by radiotv10
02/03/2024
in MU RWANDA
0
Habaye ibisa n’amayobera byatumye hari ubutaka bw’u Rwanda bwimukira muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi wa Rwamikaba uherereye mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, waridutse wose ufunga umugezi wa Rusizi bituma ahari imyaka y’abaturage hahinduka ikiyaga ndetse n’ubutaka bwari ku ruhande rw’u Rwanda bujya ku gice cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi byabaye mu cyumweru gishize ubwo bamwe mu baturage bari basanzwe bakorera imirimo y’ubuhinzi bari bakiri munsi y’uyu musozi uherereye mu Kagari ka Kabuye, babonye hatangira kumanuka amabuye biza kurangira ubutaka bumanutse bwose butwikira imirima yarimo imyaka.

Nyirahabimana Rachel wari munsi y’uyu musozi, aganira na RADIOTV10, yagize “Nari mpagaze nkajya mbona ibintu biramanuka bigenda, nisanga mbona mpagaze mu mu mazi hagati, nabonaga imikingo iri kuza insanga aho ntarukiye bikanga ngenda nitura hasi abo hakurya muri Congo banyereka aho nyura mbona ndabirokotse.”

Kumanuka k’uyu musozi kwabanje gufunga umugezi wa Rusizi by’igihe kirenga amasaha abiri, bituma amazi areka mu gice cyari gihinzemo imyaka, hiremamo Ikiyaga, ariko amazi aza gushaka inzira bituma ubutaka bwari hakuno ndetse buhinzeho insina bwiyomeka ku bwo ku gice cya Congo.

Ubutaka bumwe bwari mu Rwanda bwimukiye muri Congo

Abari bafite imyaka aha, bavuga ko bibashyize mu gihombo gikomeye ndetse ko bafite impungenge ko bazagira amapfa menshi dore ko n’ubundi batari borohewe n’imibereho.

Rukundo Rodrigue ati “Ahubwo batugiriye neza nk’ababyeyi bacu badufasha bakatugoboka kuko inzara igiye kwiyongera.”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Anicet KIBIRIGA mu guhumuriza abari bafite imyaka ikangizwa n’iki kiza, yabwiye RADIOTV10 ko hari ikiri gukorwa.

Ati “Twamaze kuhabarura ku byangiritse, turimo kugerageza gukorana na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kugira ngo turebe icyakorwa.”

Andi makuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko ibi bikimara kuba hari ingabo za Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo zahise ziza gukambika ku musozi uteganye n’uyu waridutse.

Havutse ikiyaga

 

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gutera inda umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere

Next Post

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Related Posts

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

by radiotv10
15/10/2025
0

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

by radiotv10
15/10/2025
0

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa...

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

by radiotv10
15/10/2025
0

Nyuma y’uko hari abaturage bagera kuri 17 bo mu murenge wa Ruharambuga bamaze umwaka batarishyurwa amafaranga y’imibyizi bakoze ubwo hubakwaga...

IZIHERUKA

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa
MU RWANDA

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

15/10/2025
Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

15/10/2025
Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.