Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

radiotv10by radiotv10
15/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b’abimukira bo mu Bihugu 75 byiganjemo ibyo ku Mugabane wa Afurika birimo n’u Rwanda.

Byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri America, aho iki Gihugu kivuga ko bigamije “guca intege ibikorwa byo kuba abimukira bajya kubangamira imibereho myiza y’Abanyamerika.”

Iyi Minisiteri ivuga ko ibikorwa byo guhagarika gutanga Visa “bizakomeza gukorwa kugeza igihe Amerika izabasha kwemeza ko abimukira bashya batazongera kubangamira imibereho y’Abanyamerika.” Kandi ikavuga ko ibi bizagira ingaruka ku “Bihugu byinshi”, birimo Somalia, Haiti, Irani na Eritrea.

Perezida Trump kuva yagaruka ku butegetsi muri Mutarama 2025, yakomeje gushyira imbaraga mu gukumira abimukira bajya muri iki Gihugu cya America, dore ko yari yasezeranyije Abanyamerika kwirukana abimukira badafite ibyangombwa. Mu mwaka ushize, yagiye ahagarika itangwa rya viza ku baturage bo mu Bihugu byinshi.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko yakuyeho viza zirenga ibihumbi 100 kuva Trump yagaruka muri White House, amateka y’umwaka umwe.

Minisiteri y’Umutekano w’Igihugu mu kwezi gushize yavuze ko ubutegetsi bwa Trump bwirukanye abantu barenga 605.000, mu gihe abandi miliyoni 2.5 bavuye muri America ku bushake.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yavuze ko guhagarika gutanga no kwakira ubusabe bwa viza kuri biriya Bihugu 75, bizatangira gushyirwa mu bikorwa ku ya 21 Mutarama 2026.

Gusa iyi gahunda ntikizareba abasaba viza batari abimukira, cyangwa iz’abakerarugendo b’igihe gito cyangwa iz’ubucuruzi.

Dore urutonde rw’ibyo Bihugu

  1. Afghanistan

  2. Albania

  3. Algeria

  4. Antigua and Barbuda

  5. Armenia

  6. Azerbaijan

  7. Bahamas

  8. Bangladesh

  9. Barbados

  10. Belarus

  11. Belize

  12. Bhutan

  13. Bosnia and Herzegovina

  14. Brazil

  15. Myanmar

  16. Cambodia

  17. Cameroon

  18. Cape Verde

  19. Colombia

  20. Côte d’Ivoire

  21. Cuba

  22. Democratic Republic of the Congo

  23. Dominica

  24. Egypt

  25. Eritrea

  26. Ethiopia

  27. Fiji

  28. The Gambia

  29. Georgia

  30. Ghana

  31. Grenada

  32. Guatemala

  33. Guinea

  34. Haiti

  35. Iran

  36. Iraq

  37. Jamaica

  38. Jordan

  39. Kazakhstan

  40. Kosovo

  41. Kuwait

  42. Kyrgyzstan

  43. Laos

  44. Lebanon

  45. Liberia

  46. Libya

  47. North Macedonia

  48. Moldova

  49. Mongolia

  50. Montenegro

  51. Morocco

  52. Nepal

  53. Nicaragua

  54. Nigeria

  55. Pakistan

  56. Republic of the Congo

  57. Russia

  58. Rwanda

  59. St Kitts and Nevis

  60. St Lucia

  61. St Vincent and the Grenadines

  62. Senegal

  63. Sierra Leone

  64. Somalia

  65. South Sudan

  66. Sudan

  67. Syria

  68. Tanzania

  69. Thailand

  70. Togo

  71. Tunisia

  72. Uganda

  73. Uruguay

  74. Uzbekistan

  75. Yemen

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 10 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Next Post

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.