Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kabarondo: Bavuze icyo bahanishwa iyo bafatiwe mu ikosa ryorohereje babona nk’igihano kihanukiriye

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kabarondo: Bavuze icyo bahanishwa iyo bafatiwe mu ikosa ryorohereje babona nk’igihano kihanukiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora akazi ko gutwara abantu n’imizigo ku magare [Abanyonzi] mu mujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko iyo bafashwe barengeje amasaha bahawe, bacibwa amande bakanafatirwa amagare bakayasubizwa nyuma y’ukwezi, bakavuga ko ari igihano kiremereye ugereranyije n’ikosa.

Aba banyonzi basabwe kutarenza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’) bakiri mu kazi, bavuga ko iyo hari abayirengeje, basabwa kwishyura amande, ubundi bagategereza ukwezi kose kugira ngo basubizwe amagare yabo.

Umwe yagize ati “Iyo badutwariye amagare byibura barimarana ukwezi. Wagenda wasaba Polisi igare ngo ‘muzagaruke tuzaba tubabwira’. Urumva igare rimara ukwezi ryinjiza amafaranga ibihumbi bitatu cyangwa bine ku munsi, ubwo mu kwezi urumva ararenga ibihumbi ijana na mirongo…”

Undi ati “Niba bagufashe ku itariki ya mbere, ugomba kugaruka ku itariki ya mbere [z’ukundi kwezi]. Urumva umaze ukwezi utunze urugo, wishyura inzu, uhaha, wasanga abana baranambye.”

Aba banyonzi bavuga ko batumva impamvu amagare yabo amara ukwezi, nyamara baba banishyuye amande, bagasaba ko hagumishwaho igihano kimwe cy’amande, ariko ibyo binyamitende byabo bigakomeza gukora.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko ubusanzwe ibihano nk’ibi byemerezwa n’Inama Njyanama z’Uturere, bityo ko uru rwego rugiye kuvugana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza kugira ngo bumenye neza igihe cyemejwe na Njyanama y’aka Karere

Ati “Aya mabwiriza yashyizweho na Njyanama z’Uturere, usanga rero ateganya ati ‘Niba wenda umuntu yarengeje amasaha ya saa kumi n’ebyiri ahanishwa amande angana gutya no kumara iminsi ingana gutya igare batararimusubiza’.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − ten =

Previous Post

M23 yangeye gukora igishimangira ubushobozi bwayo nubwo uruhande bahanganye rwakajije imirwano

Next Post

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Related Posts

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
03/11/2025
0

IZIHERUKA

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’
MU RWANDA

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.