Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America
Share on FacebookShare on Twitter

Imyitozo ya gisirikare yiswe Justified Accord24 yaberaga muri Kenya yahuriyemo Ibihugu 23 birimo u Rwanda, yatangwaga n’Isirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasojwe nyuma y’ibyumweru bibiri.

Iyi myitozo yatangiye tariki 25 Gashyantare 2024, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki Indwi Werurwe, aho yaberaga mu Kigo cya NANYUKI-Basic Counter Insurgency, Terrorism, and Stability Operations (CITSO) muri Kenya.

Iyi myitozo ngarukamwaka ihuriramo Ingabo z’Ibihugu bitandukanye, yateguwe n’Itsinda rya gisirikare rizwi nka (SETAF-AF/ US Army Southern European Task Force Africa) rihuriweho n’icya Leta Zunze Ubumwe za America, Itsinda ry’Igisirikare cy’Amajyepfo y’Uburayi ndetse n’irya Afurika.

Ambasaderi Robert Scott, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ibikorwa bihuriweho n’abasivile n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, ushinzwe Afurika, wayoboye umuhango wo gusoza iyi myitozo, yashimiye abayitabiriye ku muhate bagaragaje.

Yabasabye kuzakoresha neza ubumenyi n’imyitozo bahawe mu gutanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro n’umutekano ku Mugabane wa Afurika.

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Kenya, Major General David Tarus yashimye ubufatanye bwagaragajwe n’Ingabo z’Ibihugu bitandukanye nubwo zifite byinshi zidahuje, nk’ururimi, ubunararibonye ndetse n’aho bakorera, ariko ko bagaragaje gukorera hamwe, kugeza basoje iyi myitozo.

Yavuze ko uku gushyira hamwe, bakarenga izo mbogamizi zari zihari, bishimangira intego y’iyi myitozo, yo kuba biteguye gukorana mu nshingano zo kurinda umutekano.

Muri iyi myitozo, abayitabiriye bibanze ku bikorwa binyuranye, byo gucunga amahoro n’umutekano, birimo iby’imbaraga za gisirikare, ibya Polisi ndetse n’iby’Abasivile.

Ingabo z’u Rwanda zagaragaje ubuhanga muri iyi myitozo imaze ibyumweru bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fifteen =

Previous Post

Igisubizo cya Minisiteri y’Ubucuruzi ku nyungu y’Isoko Nyafurika u Rwanda rumazemo imyaka 3

Next Post

Ibivugwa ku bakinnyi b’imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku bakinnyi b’imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Ibivugwa ku bakinnyi b'imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.