Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America
Share on FacebookShare on Twitter

Imyitozo ya gisirikare yiswe Justified Accord24 yaberaga muri Kenya yahuriyemo Ibihugu 23 birimo u Rwanda, yatangwaga n’Isirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasojwe nyuma y’ibyumweru bibiri.

Iyi myitozo yatangiye tariki 25 Gashyantare 2024, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki Indwi Werurwe, aho yaberaga mu Kigo cya NANYUKI-Basic Counter Insurgency, Terrorism, and Stability Operations (CITSO) muri Kenya.

Iyi myitozo ngarukamwaka ihuriramo Ingabo z’Ibihugu bitandukanye, yateguwe n’Itsinda rya gisirikare rizwi nka (SETAF-AF/ US Army Southern European Task Force Africa) rihuriweho n’icya Leta Zunze Ubumwe za America, Itsinda ry’Igisirikare cy’Amajyepfo y’Uburayi ndetse n’irya Afurika.

Ambasaderi Robert Scott, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ibikorwa bihuriweho n’abasivile n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, ushinzwe Afurika, wayoboye umuhango wo gusoza iyi myitozo, yashimiye abayitabiriye ku muhate bagaragaje.

Yabasabye kuzakoresha neza ubumenyi n’imyitozo bahawe mu gutanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro n’umutekano ku Mugabane wa Afurika.

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Kenya, Major General David Tarus yashimye ubufatanye bwagaragajwe n’Ingabo z’Ibihugu bitandukanye nubwo zifite byinshi zidahuje, nk’ururimi, ubunararibonye ndetse n’aho bakorera, ariko ko bagaragaje gukorera hamwe, kugeza basoje iyi myitozo.

Yavuze ko uku gushyira hamwe, bakarenga izo mbogamizi zari zihari, bishimangira intego y’iyi myitozo, yo kuba biteguye gukorana mu nshingano zo kurinda umutekano.

Muri iyi myitozo, abayitabiriye bibanze ku bikorwa binyuranye, byo gucunga amahoro n’umutekano, birimo iby’imbaraga za gisirikare, ibya Polisi ndetse n’iby’Abasivile.

Ingabo z’u Rwanda zagaragaje ubuhanga muri iyi myitozo imaze ibyumweru bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 14 =

Previous Post

Igisubizo cya Minisiteri y’Ubucuruzi ku nyungu y’Isoko Nyafurika u Rwanda rumazemo imyaka 3

Next Post

Ibivugwa ku bakinnyi b’imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku bakinnyi b’imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Ibivugwa ku bakinnyi b'imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.