Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye abagize Ihuriro ‘NSOBA’ ry’abahoze ari Abanyeshuri b’Abahungu mu Ishuri Ntare School, na we yizemo; we na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu butumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda, buvuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, “Muri Kigali Convention Centre, Perezida Kagame yakiriye ku meza abagize Ntare School Old Boys Association (NSOBA), bari i Kigali bitabiriye imikino ya nyuma y’Irushanwa ry’Umupira w’Amaguru Ntare Lions League.”

Iri rushanwa ry’umupira w’Amaguru, ni ku nshuro ya mbere ribereye mu Gihugu kitari Uganda, ahasanzwe hari icyicaro gikuri cy’iri shuri rya Ntare School.

Iri rushanwa ribereye mu Rwanda, nyuma y’uko Perezida Kagame na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda batangije umushinga wo kubaka iri Shuri mu Rwanda, rikaba rizafungura imiryango muri uyu mwaka.

Iri shuri ryamaze kuzura riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ryatinze gutangira gutanga amasomo dore ko byari biteganyijwe ko ryari gutangira muri 2019.

Iyubakwa ryaryo, ryagizwemo uruhare runini na Perezida Kagame na Museveni, bombi nabo bari mu bagize iri Huriro rya ‘NSOBA’, aho muri 2015 ubwo batangizaga igikorwa cyo gukusanya arenga Miliyari 1 Frw yo kuryubaka, bombi bemeye kwitanga miliyoni 450 Frw, mu gihe Perezida Kagame ubwe yatanze Miliyoni 100 Frw.

Perezida Kagame yize muri Ntare School kuva mu 1972 kugeza mu 1976, mu gihe mugenzi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni we yaryizemo kuva mu 1962 kugeza mu 1966.

Perezida Kagame yishimiye kubonana n’abize mu ishuri na we yizemo

Yabakiriye ku meza

Basangiye
Yanabagejejeho ubutumwa
Abize muri iri shuri na bo bishimiye kubona Umukuru w’u Rwanda
Abakiri bato bize muri iri shuri baje mu irushanwa mu Rwanda

Photos ©Urugwiro Village

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + ten =

Previous Post

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Next Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.