• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye abagize Ihuriro ‘NSOBA’ ry’abahoze ari Abanyeshuri b’Abahungu mu Ishuri Ntare School, na we yizemo; we na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu butumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda, buvuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, “Muri Kigali Convention Centre, Perezida Kagame yakiriye ku meza abagize Ntare School Old Boys Association (NSOBA), bari i Kigali bitabiriye imikino ya nyuma y’Irushanwa ry’Umupira w’Amaguru Ntare Lions League.”

Iri rushanwa ry’umupira w’Amaguru, ni ku nshuro ya mbere ribereye mu Gihugu kitari Uganda, ahasanzwe hari icyicaro gikuri cy’iri shuri rya Ntare School.

Iri rushanwa ribereye mu Rwanda, nyuma y’uko Perezida Kagame na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda batangije umushinga wo kubaka iri Shuri mu Rwanda, rikaba rizafungura imiryango muri uyu mwaka.

Iri shuri ryamaze kuzura riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ryatinze gutangira gutanga amasomo dore ko byari biteganyijwe ko ryari gutangira muri 2019.

Iyubakwa ryaryo, ryagizwemo uruhare runini na Perezida Kagame na Museveni, bombi nabo bari mu bagize iri Huriro rya ‘NSOBA’, aho muri 2015 ubwo batangizaga igikorwa cyo gukusanya arenga Miliyari 1 Frw yo kuryubaka, bombi bemeye kwitanga miliyoni 450 Frw, mu gihe Perezida Kagame ubwe yatanze Miliyoni 100 Frw.

Perezida Kagame yize muri Ntare School kuva mu 1972 kugeza mu 1976, mu gihe mugenzi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni we yaryizemo kuva mu 1962 kugeza mu 1966.

Perezida Kagame yishimiye kubonana n’abize mu ishuri na we yizemo

Yabakiriye ku meza

Basangiye
Yanabagejejeho ubutumwa
Abize muri iri shuri na bo bishimiye kubona Umukuru w’u Rwanda
Abakiri bato bize muri iri shuri baje mu irushanwa mu Rwanda

Photos ©Urugwiro Village

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Next Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.