Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka mu mushinga w’itegeko ry’umuryango ryikije kuri gatanya n’ibyazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga w’Itegeko Rigenga Abantu n’Umuryango watowe n’Umutwe w’Abadepite; urimo impinduka, nko kuba hari igihe abafite imyaka 18 bashobora kuzajya bemererwa gushyingirwa, ndetse no kuba hatabaho kugabana imitungo mu buryo bungana hagati y’abahawe gatanya mu gihe bataramarana imyaka itanu.

Ni umushinga watowe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Werurwe 2024 nyuma y’uko ugaragajwe na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine, ndetse ukanatangwaho ibitekerezo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Dr Uwamariya wagaragaje zimwe mu mpamvu zatumye iri tegeko rivugururwa, yavuze ko hari ibyuho ryatangaga byazanaga ibibazo mu mibanire y’imiryango n’abashakanye.

Ati “Hari ikibazo cyagaragaye mu Nkiko cy’uko hari abashyingirwa, nyuma y’igihe gito bagasaba ubutane bagamije kugabana imitungo. Mu gucyemura iki kibazo, uyu mushinga uraha Umucamanza ububasha bwo gusuzuma ibijyanye no kugabana umutungo mu buryo bungana igihe abasaba ubutane bari barashyingiranywe mu buryo bw’ivangamutungo rusange cyangwa uburyo bw’ivangamutungo muhahano, ndetse no kuba yakwemeza kutagabana mu buryo bungana mu gihe ubutane bubaye mbere y’imyaka itanu.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yavuze kandi ko ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, bwagaragaje ko muri 2019 ubutane bwazamutse bukagera kuri 20,9% ku bamaze igihe kitarenze imyaka ine babana, naho mu bamaze igihe kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi byari kuri 35,7%.

Ati “Ufatiye kuva ku mwaka umwe kugeza kuri irindwi, imibare yakwiyongera ikaba yarenga ibi bipimo ngaragaje.”

Zimwe mu mpinduka ziri muri uyu mushinga, harimo kuba Inkiko zitazongera guhabwa ububasha bwo kuzajya zunga abashaka ubutane byamaraga amezi atatu, biri mu byajyaga bitinza igihe cyo guhabwa ubutane.

Nanone kandi uyu mushinga uvuga ko kutumvikana no kudahuza hagati y’abashakanye bihagije kugira ngo Urukiko rubishingireho rube rwabaha ubutane.

Indi mpinduka iri muri uyu mushinga, ni ukuba isezerano ry’ugushyingirwa rishobora kuzajya rihabwa abantu bujuje imyaka 18 mu gihe itegeko risanzwe, rivuga ko ntawemerewe kurihabwa atujuje imyaka 21. Gusa guhabwa iri sezerano ku myaka 18, bizajya bitangirwa uburenganzira n’umwanditsi w’irangamimerere ku Rwego rw’Akarere.

 

Kuki ubutane bworohejwe?

Bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bagaragaje ibitekerezo kuri uyu mushinga w’Itegeko, bavuze ko hari ibikwiye kunozwa kugira ngo bitazazana ibindi bibazo birenze ibyo wari uje gucyemura.

Nko ku mpamvu zishobora guherwaho n’Inkiko mu gutanga gatanya, Abadepite bavuze ko zorohejwe ku buryo zazongera gatanya, nyamara uyu mushinga uri mu byo wari uje kugabanya.

Hon. Muhangayire Christine yagize ati “Hari icyo nibajije, cy’uburyo bwa gatanya burimo bworoshywa cyane, hari aho badusobanuriye ko hari ikibazo cy’ubutane mu gihe kubana bitagishobotse kubera kudahuza kw’abashyingiranywe.

Njye numva rwose ufashe iyi mpamvu ukayihuza n’iy’uko hari igihe kirekire cy’Urukiko rwafataga cyo kunga abashaka gutandukana, njye numvaga ubihuje, birimo byoroshya cyane ibijyanye na gatanya bigatuma buri wese yumva byoroshye kugana Inkiko no guhita ajyenda atandukana n’umuntu kuko hari ibyo batahuje.”

Hon. Munyangeyo Theogene na we wavuze ku kuba kugabanya imitungo abashaka ubutane, bizajya binahera ku myaka bamaranye, avuga ko hari igihe umuntu ashobora kujya yihanganira iyo myaka, ariko yashira uwifuza gatanya akaba yakorera ikintu kibi uwo babana.

Yavuze ko hakwiye no kurebwa ku byo abashakanye binjiza, bityo bikaba byanaherwaho mu kugena igabana ry’imitungo ku bashaka ubutane.

Ati “Mwaretse ibyinjira n’ibisohoka bijya byandikwa ko twese twize gusoma no kwandika, ibyinshi bigendera kuri MoMo, nyuma y’igihe runaka bakajya bihitiramo, bati ‘murabizi, mureke ibyacu tubivange uku’.”

Umushinga w’iri tegeko, nyuma yo gutorwa n’Umutwe w’Abadepite, uzajyanwa muri Komisiyo y’iyi Nteko, iwunonosore kugira ngo impungenge zagaragajwe zitangweho umurongo, hananozwe izindi ngingo zitanoze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yavuze aho Etaje ari kubaka igeze n’aho yakuye amafaranga

Next Post

VIDEO: Bruce Melodie yongeye guhamya intambwe akora ibyari inzozi bitarakorwa n’undi muhanzi Nyarwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Bruce Melodie yongeye guhamya intambwe akora ibyari inzozi bitarakorwa n’undi muhanzi Nyarwanda

VIDEO: Bruce Melodie yongeye guhamya intambwe akora ibyari inzozi bitarakorwa n’undi muhanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.