• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

radiotv10by radiotv10
23/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, WMO; ryatangaje ko umwaka wa 2023 ari wo wagaragayemo ubushyuhe bwinshi ugereranyije n’uko byari biteganyijwe, ndetse ritangaza ko uyu wa 2024 ushoboza kuzaba undi mwaka w’ubushyuhe bukabije.

Byatangajwe muri raporo yasohotse ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 19 Werurwe 2024, yanatanze umuburo ko Isi ikwiye kugira icyo ikora, bitaba ibyo uyu mwaka wa 2024 na wo ukazaba undi mwaka uzarangwa n’ubushyuhe bwinshi.

Iyi raporo ya WMO, ivuga kandi ko uyu mwaka ushobora kuzarangwa n’amapfa, ndetse n’inkongi zishobora kuzibasira amashyamba, imyuzure n’imiyaga iri ku muvuduko uremereye, kubera ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Iyi raporo yashyizwe hanze mu gihe Impuguke n’Abayobozi mu za Guverinoma zitandukanye, ku wa Kabiri no kuri uyu wa Gatanu, zateraniye i Copenhagen, kugira ngo barebere hamwe icyakorwa mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko kongera imbaraga mu bikorwa byo guhangana n’ubushyuhe bukabije.

Iyi raporo igira iti “Hagomba gutekerezwa cyane ku bwoko butatu bw’imyuka, ari yo carbon dioxide, methane, na nitrous oxide, yagize igipimo cyo hejuru. Ubushyuhe bwo mu nyanja bwageze ku kigero cyo hejuru kurusha ikindi gihe mu myaka 65 ishize.”

Iki Kigo kivuga ko imihindagurikiye y’ibihe ikomeje guteza akaga gakomeye, by’umwihariko mu kuzamura ubushyuhe ku Isi, ku buryo kugera ku ntego zari ziyemejwe bikomeje kuba ingorabahizi,

Mu butumwa busa n’umuburo, Umunyamabanga Mukuru wa WMO, Celeste Saulo yagize ati “Ntitwigeze tubaho mu bihe nk’ibyo turimo, bigaragara ko tukiri inyuma kuri dogere 1.5C y’ibiteganywa n’amasezerano y’i Paris ku mihindagurikiye y’ibihe.”

Ubushyuhe bwo mu nyanja, bwikubye kabiri mu myaka icumi ishize hagati ya 2014 na 2023, kuva mu kinyacumi cya mbere hatangira gukorwa igenzura hagati ya 1993-2002.

Saulo yakomeje agira ati “Ibihe bidasanzwe bikomeje guteza ingaruka zikomeye ku mibereho n’ubukungu. Ubushyuhe bukabije bwamaze kugira ingaruka mu bice byinshi by’Isi. Umwuka ushyushye, imyuzure, amapfa, inkongi z’umuriro ndetse n’imiyaga ifite imbaraga ikomeje kuba kuri buri Mugabane, kandi bigateza ibihombo byinshi ku mibereho no ku bukungu.”

Yavuze ko ibi byose kandi bisiga abaturage benshi mu kangaratete, agasaba Ibihugu binyamuryango bya WMO, kwagura ibikorwa bigamije kuburira ababituye kugira ngo izi ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe zidakomeza guhitana benshi.

Mu gihe cy’amezi 12, kuva muri Werurwe 2023 kugeza muri Gashyantare 2024, ubushyuhe bwiyongereyeho dogere 1,5 ku gipimo cyari gisanzwe nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Abanyaburayi gishinzwe serivisi z’imihindagurikire y’ibihe.

Inama izahuza Abaminisitiri yabereye muri Denmark yiswe ‘Copenhagen Climate Ministerial’, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe kugeza kuri Gatanu tariki 22 Werurwe, yanitabiriye kandi n’abayobozi b’ibigo bishinzwe ubumenyi bw’ikirere, yarebeye hamwe uburyo hakwihutishwa intego zihawe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − five =

Previous Post

Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya

Next Post

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yakiriye agakiza 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.