Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in BASKETBALL, FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino wa Basketball ukomeje kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda nyamara mu myaka micye ishize atari ko byahoze, Umunyamakuru Kazungu Claver avuga ko ibyakozwe muri uyu mukino, byanakorwa muri ruhago bigatanga umusaruro.

Ibikubiye muri iyi nyandiko ni ibitekerezo bya Kazungu Claver, umunyamakuru wa siporo umaze igihe kinini mu mwuga:

Nta muntu utarimo kubona ko mu mikino y’amaboko harimo impinduka zigaragara kubera abakinnyi bazanye bafite ubushobozi bakora itandukaniro.

Urugero rworoshye ni ikipe ya Patriots BBC itamaze imyaka myinshi, ariko yigaruriye imitima y’Abafana benshi kubera gukora ikosora mu kugura abakinnyi beza b’indobanure.

Baherutse kuzana umukinnyi ukomoka muri Serbia muremure urengeje Metero 2, wiyongera ku bandi na bo bakomeye.

Mu guca impaka zari zihari nyinshi zo kuvuga ko ubu nta kipe mu Rwanda yashobora APR BBC, kubera ukuntu yiyubatse yitegura imikino BAL, ikipe y’abafana benshi ubu mu Rwanda Patriots, ntiyatengushye abafana bayo aho yatsinze APR BBC kandi iyirusha.

Si izo gusa kuko na REG BBC na yo ihora ikomeye ntibura abakinnyi bakomeye ikura hanze.

Muri macye birashyushye mu mikino ya Basketball ndetse no muri Volleyball amakipe yariyubatse cyane azana abakinnyi bakomeye bavuye mu Bihugu byo hanze.

Ni uko bikwiye gukorwa muri Football yacu mu Rwanda, kugira ngo dushobore kubona abakinnyi bakomeye baza mu Gihugu.

Urugero muri Tanzania nyuma yo kuzamura cyane umubare w’abanyamahanga bakomeye 12 kandi bemerewe gukoreshwa bose muri buri kipe, byatanze umusaruro cyane, kuko mu karere kose ka CECAFA, ni Tanzania gusa yagiye muri CAN.

Uyu mwaka ni Tanzania gusa yagize amakipe abiri mu munani 8 yageze muri 1/4 cya CAF Champions League.

Nubwo mu Rwanda dukoresha abanyamahanga 6 gusa kuri buri mukino ntabwo twatsinda ikipe ya CHAN ya Tanzania bo bakoresha abanyamahanga 12 kuri buri mukino kuko umwenegihugu aba ahanganye n’umunyamahanga kuri buri mwanya.

Urugero Ikipe ya CHAN ya Tanzania 11 bashobora kubanzamo ni:

  1. Aishi Manula  Simba SC
  2. Shomari Kapombe Simba SC
  3. Mohamed Hussein Simba SC
  4. Ibrahim Hamad Bacca Yanga SC
  5. Bakari Nondo Mwanyeto Yanga SC
  6. Muzamiri Yassin Simba SC
  7. Abdul Seleman Sopu Azam FC
  8. Mudathiri Yahya Abbas Yanga SC
  9. Clement Mzize Yanga SC
  10. Feisal Salum Feitoto Azam FC
  11. Kibu Dennis Simba SC.

 

No mu Rwanda dukeneye gukoresha Abakinnyi b’Abanyamahanga 12 bose icyarimwe kuri buri mukino kugira ngo abakinnyi bacu bagisinziriye bakanguke.

Ikindi mu gice cya kabiri cya Shampiyona ya Tanzania umukinnyi utatanze umusaruro bamukuramo bakamusimbuza undi, abantu barabyibuka ko Yanga yarekuye Issa Bigirimana igice cya mbere cya Shampiyona ya Tanzania kigisozwa.

Mu Rwanda wagira ngo turacyari mu mategeko ya 1995, kuko n’umukinnyi ikipe yagurishije ntiyemererwa kumusimbuza.

 

Ni ngewe gusa ubona ko hakwiriye impinduka muri ruhago yacu?

Claver KAZUNGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Next Post

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.