Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igipimo gishimishije ubukungu bw’u Rwanda bwagiye buzamukaho buri mwaka kuva mu 1994

radiotv10by radiotv10
01/04/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya igipimo gishimishije ubukungu bw’u Rwanda bwagiye buzamukaho buri mwaka kuva mu 1994
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ivuga ko mu myaka 30 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo kiri hejuru ya 7% buri mwaka, ndetse bugenga bugabanya ku gushingira ku buhinzi n’impano z’amahanga.  

Imyaka 30 irahize u Rwanda ruri mu rugamba rwo kongera kwiyubaka. Imibare inagaragaza ko ubukungu bw’iki Gihugu bwari bwarasenyutse ku gipimo cyo mu nsi ya 0% mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yagize ati “Muri 1994; kubera ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi; ubukungu bw’u Rwanda bwaramanutse kuri mirongo itanu munsi ya zeru (-50%). Kuva icyo gihe mu myaka 30 ishize twagize ubukungu buzamuka ku muvuduko uri hagati ya 7% na 8%.

Icya kabiri muri iyi myaka 30; nko mu 1995, 1996, kugeza nko mu mwaka wa 2 000 u rwanda rwacungiraga ku mpano z’amahanga ku kigero kirenga 70%, ubu turi kuri 13%.

Ikindi ubukungu bwacu bwari bushingiye ku buhinzi ku gipimo cyo hejuru cyane, ariko muri iyi myaka 30 ubukungu bwagiye buhinduka, ubu inganda zimaze kugera kuri 20% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, ubuhinzi ni nka 25%, inganda ni nka 48%.”

Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko iri zamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryatumye ibyo Umununyarwanda yinjiza ku mwaka byikuba inshuro zirenze icumi muri iyo myaka.

Ati “Igipimo cy’amafaranga Umunyarwanda yinjiza ubishyize ku mpuzandengo; ubu tumaze kurenza 1 000$ ku muturage, mu gihe mu myaka 30 ishize twari hasi cyane nko munsi 100$.”

Iri terambere ry’ubukungu bw’Igihugu ryazamuye ibikorwa binyuranye byagenewe kwita ku mibereho y’abatuge, ndetse n’imyaka yo kubaho ku Banyarwanda iriyongera, aho iy’ibarura rusange rya 2022 igaragaza ko icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyageze ku myaka 69 kivuye kuri 64 yo muri 2012 na 51.2 yo muri 2002.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 20 =

Previous Post

Hatahuwe impamvu umuhanzi w’ikirangirire ku Isi yishimira ibihe bibi mugenzi we anyuramo

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

Related Posts

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.